Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: General Pervez Musharraf Wategetse Pakistan Yatabarutse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

General Pervez Musharraf Wategetse Pakistan Yatabarutse

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 February 2023 1:19 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Musharraf yayoboye Pakistan mu gihe gikomeye akaba yaguye mu bitaro by’i Dubai azize uburwayi yari amaranye igihe. Apfuye afite imyaka 79 y’amavuko.

Musharraf yibukirwa kuri byinshi harimo n’uburyo yageze ku butegetsi akoze coup d’état itaragize uwo ihitana.

Yayikoze nyuma y’uko mu mwaka wa 1999 akuwe ku bugaba bukuru bw’ingabo, we n’abandi basirikare bakuru ntibabyishimire ahubwo bagahindukirana Perezida na Minisitiri w’Intebe bakabakuraho.

Pervez Musharraf  yakomeje kuyobora kiriya gihugu ariko abikorana ubwenge kuko yaburijemo amayeri menshi yo kumuhirika abantu babaga bateguye.

Mu gihe kirenga imyaka irindwi yakomeje kubaka imbaraga za gisirikare muri Pakistan itajya ibana neza igihe kirekire n’u Buhinde.

Akiri ku butegetsi abantu bagerageje kumuhitana inshuro eshatu akarusimbuka.

Yaje gutakaza igikundiro mu maso y’abaturage nyuma y’urupfu rw’umugore wari uhagarariye abataravugaga rumwe nawe witwa Benazir Bhutto hari mu mwaka wa 2007.

Hagati aho kandi ni ko atavugaga rumwe na Perezida w’Urukiko rw’ikirenga.

Mu mwaka wa 2016 nibwo Musharraf yagiye i Dubai kwivuza.

Nyuma urukiko rwo mu gihugu cye rwaje kumuburanisha adahari ndetse rumukatira urwo gupfa ashinjwa kugambanira igihugu.

Bidatinze ariko, icyo gihano cyaje guteshwa agaciro.

TAGGED:DubaiPakistanUburwayi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gasabo: Yaje Gusuzumisha Ikamyo Afite Permis Y’Impimbano Yatangiwe i Burundi
Next Article Nyamasheke: Barashinja Ubuyobozi Kubategeka Kurandura Imboga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bukavu: Abantu Bahiriye Mu Nzu

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Muzaze Dushimire Imana Ibyiza Yagejeje Ku Gihugu-Amb Murigande

Kagame Yaganiriye Na Mugenzi We Wa Mozambique

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Uburundi Bugiye Kubaka Gariyamoshi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ubuhinde Burashaka ‘Kwigira’, Burambiwe Amerika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC:Abasirikare Basabiwe Gufungwa Imyaka 15 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Uganda: Umwe Mu Bakire Bakomeye Yiciwe Mu Biro Bye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?