Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gerayo Amahoro Yigishirijwe Mu Musigiti
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gerayo Amahoro Yigishirijwe Mu Musigiti

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 May 2023 2:27 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mufti w’u Rwanda, Sheikh Salim Hitimana yabwiriye abandi bamenyi mu idini rya Kisilamu ko gukurikiza gahunda  ya Gerayo amahoro bifasha cyane mu kurinda ubuzima bw’abantu muri rusange n’ubw’abo bayobora by’umwikariko.

Sheikh Salim Hitimana yavuze ko gushyira ubuzima mu kaga mu muhanda ari icyaha ariko kubahiriza amategeko n’amabwiriza by’umuhanda bikaba uburyo bwo kurinda  ubuzima.

Avuga ko biri  mu ndangagaciro za kisilamu.

Kuri uyu kwa Gatanu, taliki ya 26 Gicurasi,2023 nibwo Mufti w’uRwanda yabibwiriye abandi basilamu  mu isengesho rya Jummah ryabereye  mu musigiti wo kwa Kadhafi i Nyamirambo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Hari mu gikorwa Polisi yatangirijemo ubukangurambaga bwa Gerayo Amahoro mu madini.

Mufti Sheikh Salim Hitimana yagize ati: “  Iyo ukurikije amabwiriza y’umuhanda, ubasha gukiza ubuzima bwawe n’ubw’abandi ariko iyo uramutse ubirenzeho ushobora kwicwa n’impanuka cyangwa ukica bagenzi bawe bakoresha umuhanda”.

Mufti w’u Rwanda nawe yabagiejejo ubutumwa bubasaba gukurikiza Gerayo Amahoro

Yababwiye ko gushyira ubuzima bwawe mu kaga n’ubw’abandi ni icyaha imbere ya Allah.

Avuga ko ubuzima abantu bafite, ari impano y’Imana kandi idasubirwaho.

Yababwiye ko ibyo bakora byose baikora mu rwego rwo kubahiriza amategeko asanzweho ariko bikba bi mu rwego rwo kurinda mumutekano w’u Rwanda.

- Advertisement -

Umwe mu bisilamu wari uhari witwa Rachid Bawiri yavuze ko yari yarumvise Gerayo Amahoro ariko atazi icyo igamije.

Yagize ati: “Ku bwanjye ntababeshye, numvaga Gerayo Amahoro ariko ntazi icyo igamije, uyu munsi, Polisi y’u Rwanda yakoze kuba yazanye ubu butumwa ku musigiti wacu”

Uwitwa Abdallah Nzabanita Rugumiriza yavuze ko iriya gahunda ya  Gerayo Amahoro yamwibukije uruhare rwe nk’umuntu ugendesha amaguru mu muhanda mu kwindira umutekano ariko ntahungabanye uw’abandi.

Avuga ko kubera iyo mpamvu, ari ingenzi ko buri Munyarwanda agira uruhare mu gushyira mu bikorwa ibyo iyo gahunda iteganya.

TAGGED:AbisiramuAmahorofeaturedGerayoPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kwibuka Imiryango Yazimye: GAERG Ibazaniye Intashyo Z’Urukundo
Next Article Al Ahly Yo Mu Misiri Yatwaye BAL 2023
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?