Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ghana Yabaye Iya Mbere Ibonye Inkingo za COVID Binyuze Muri COVAX
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Ghana Yabaye Iya Mbere Ibonye Inkingo za COVID Binyuze Muri COVAX

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 February 2021 11:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatatu  nibwo indege ya mbere itwaye inkingo za COVID-19  yageze Accra muri Ghana. Izo nkingo zihawe Ghana mu rwego rw’ubufatanye mpuzamahanga bugamije gufasha Isi kubona inkingo za kiriya cyorezo kimaze kwica benshi.

Iriya ndege yari izanye inkingo 600 000.

Ghana isanzwe ituwe n’abaturage barenga miliyoni 31.

Mbere y’uko yohererezwa ziriye nkingo, Ghana yabanje koherereza OMS/WHO inyandiko isobanutse yerekana uko izakoresha ziriya nkingo.

Iriya nyandiko ikubiyemo  uburyo abantu bazakingirwa, abazabakingira, imyambaro y’uburinzi, ahantu n’igihe gukingira bizakorerwa n’ibindi.

Inkingo 600 000 zageze muri Ghana zakozwe n’ikigo cya mbere ku isi gikora urukingo rwa COVID-19 ku bwinshi cyo mu Buhinde kitwa Serum Institute of India.

Indege yazigejeje i Accra yari yahagurutse i Mumbai ku wa Kabiri tariki 23, Gashyantare, 2021.

Umushinga wo gusaranganya inkingo wiswe COVID-19  biteganyijwe ko uzatanga inkingo miliyari 2.3.

Ikibabaje ni uko inkingo zirenga hafi ½ cyazo cyatwawe n’ibihugu bikize. Ibi byatangajwe na Kaminuza ya Duke.

TAGGED:COVAXfeatured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uvugwaho Kugurisha Umubiri w’Uwazize Jenoside Yarafunzwe
Next Article I Bugesera Huzuye Uruganda Rw’Amazi Ruzaha N’Umujyi Wa Kigali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?