Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gicumbi: Akarere Ka Mbere Mu Mukamo Ariko Kagwingiza Abana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Gicumbi: Akarere Ka Mbere Mu Mukamo Ariko Kagwingiza Abana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 July 2024 8:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imibare yerekana ko umukamo w’amata y’inka akamirwa mu Karere ka Gicumbi atuma kaba aka mbere mu Rwanda mu kugira umukamo mwinshi kuko ungana na litiro 106,000 ku munsi.

Hejuru y’uyu mukamo utubutse hiyongeraho n’inyunganiramirire ihabwa ababyeyi ngo bayigaburire abana babo bafite ikibazo cy’igwingira ariko ntibayibahe ahubwo bakayigurisha.

Ibi byose biba ikintu kibabaje kuko gituma aka karere gakomeza kugira abana bagwingiye kandi, mu busanzwe, iki kitakagombye kuba kikiri ikibazo mu bagatuye.

Nubwo imibare bagenzi bacu ba RBA batangaje yerekana ko igwingira muri aka Karere ryagabanutse,  ntiragabanuka ku kigero wavuga ko ‘gishimishije’.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Iyi mibare ivuga ko kuva ku bana 42.2 % bari mu mirire mibi mu mwaka wa 2019, ubu bagabanutse bagera kuri 19.2% mu mwaka wa  2024.

Ni igabanuka rishimishije nk’uko ubuyobozi bwa Gicumbi bubisobanura binyuze muri Visi Meya wako  ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mbonyintwari Jean Marie Vianney.

Kuba bitaragera ku rwego rwegereye zero ku ijana ni ikintu, ku rundi ruhande, bavuga ko kibabaje kandi giterwa n’imyumvire ya bamwe mu babyeyi batinyuka no kugurisha Shisha Kibondo bahabwa ngo izahure abana ibivane mu bipimo bibi by’igwingira.

Mu nama yaraye ihuje inzego zitandukanye zaba iz’ubuyobozi n’iz’ubuzima muri aka Karere niho ibi byavugiwe.

Icyakora bisa n’aho ubuyobozi bw’aka Karere butari buzi iki kibazo cyangwa se butagihaga uburemere nk’ubwo bwacyumvanye nyuma yo kugisobanurirwa n’abajyanama b’ubuzima!

- Advertisement -

Visi Meya Mbonyintwari yavuze ko iki na cyo ‘bagiye’ kukivugutira umuti.

Iyo abana bagwingiye bahawe amata ya Shisha Kibondo atuma bazanzamuka bakava mu igwingira rikomeye riba riri mu ibara ritukura.

Mu buryo bubabaje, hari ababyeyi bahitamo kugurisha ayo mata, amafaranga avuyemo bakayahahisha ibindi bo bita ku bifitiye urugo akamaro.

Hari n’ababyeyi bafata amafaranga bavanye mu igurishwa ry’ayo mata bakayagura ibijumba, imyumbati n’ibindi biribwa bagaburira abana bato ibondo rikeguka.

Umwana muto ntaba akeneye ibiribwa bikize ku bitera imbaraga ahubwo aba akeneye ibimwubakira umubiri ndetse, cyane cyane, n’ibiwurinda indwara.

Mu kiganiro, Visi Meya wa Gicumbi ushinzwe imibereho myiza Mbonyintwari Jean Marie Vianney yahaye Taarifa Rwanda, yavuze ko ubumenyi buke ku mitegurire y’imirire ari cyo kibazo kikiri mu babyeyi.

Mbonyintwari avuga ko mu myaka yo hasi ya 2019 ari bwo igwingira ryari rikomeye mu bana ba Gicumbi kuko imyumvire ku kamaro ko guha abana ibituma bagira ubuzima bwiza yari ikiri hasi cyane.

Uko imyaka yazamukaga, Mbonyitwari yemeza ko imyumvire nk’iyo yagabanutse kugeza ubwo igipimo cyageze kuri 19% nk’uko imibare ibyemeza.

Mu gihe kiri imbere avuga ko hari gahunda Akarere kateganyije yo gukora uko gashoboye ngo abagatuye bumve akamaro ko guharanira kurandura igwingira mu bana.

Iyo gahunda bayise ‘Muturanyi Ngira Nkugire Tugeraneyo Mu Iterambere’.

Visi Meya ati: “Ni uburyo bwakozwe kugira ngo twegere abaturage, tubashishikarize kwegera abaturanyi babo babasobanurire akamaro ko kutagurisha ibiribwa byagenewe abana”.

Avuga ko ubukangurambaga akarere ayobora kihaye buzakomeza binyuze mu mikoranire n’abandi bavuga rikijyana barimo abayobozi b’amadini, sosiyete sivile n’abandi.

Akarere ka Gicumbi ni kamwe mu Turere dutanu (5) tugize Intara y’Amajyaruguru.

Gahana imbibi n’Akarere ka Burera, igihugu cya Uganda, Akarere ka Nyagatare, Akarere ka  Gatsibo, Akarere ka Gasabo, Akarere ka Rwamagana n’Akarere ka Rulindo.

TAGGED:AbanaAmatafeaturedGicumbiInkaKugwingiraRBA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rusizi: Barataka Abajura Babacucura N’Utwo Bambaye
Next Article Urubyiruko Rwa Diaspora Y’u Rwanda Rwishimiye Imikorere Ya Polisi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?