Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gicumbi: Bafashwe Bacukura Zahabu Bitemewe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Gicumbi: Bafashwe Bacukura Zahabu Bitemewe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 July 2025 11:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Akarere ka Gicumbi kari mu dufite zahabu nyinshi twamenyekanye kugeza ubu.
SHARE

Kare kare mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, abantu batandatu bo mu Murenge wa Miyove muri Gicumbi bafashwe na Polisi ibasanze bacukura zahabu mu buryo ivuga ko budakurikije amategeko.

Abo bantu bafatanywe n’abakiliya babo bari baje mu Kagari ka Mubuga ahari icyo kirombe bitwaje amafaranga ngo babagurire.

Inspector of Police( IP) Ignace Ngirabakunzi yabwiye Taarifa Rwanda ko urwego akorera rufata abantu nkabo kuko baba bangamira ibidukikije, bagashyira ubuzima bwabo n’ubw’abandi mu kaga kandi bigahombya igihugu kuko kitabyaza umusaruro amabuye y’agaciro kuko aba yaribwe.

Ikindi Ngirabakunzi avuga ni uko ubucukuzi nk’ubwo bushyira mu kaga abatuye aho bukorerwa kuko bwangiza ibidukikije.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru IP Ignace Ngirabakunzi.

Ati: “Usibye kuba bene ubu bucukuzio butemewe,  buteza impanuka ababukora, bukangiza n’ibidukikishe kandi bwabaye intandaro y’amakimbirane abyara urugomo hagati y’ababukora n’abaturage bangirizwa imirima n’abashakamo ayo mabuye.”

Ku rundi ruhande, Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru avuga ko ari ngombwa ko abaturage babwirwa ububi bwabwo, bakabwirinda.

Avuga ko kugira ngo ibyo bishoboke, bizagendana ahanini no gukorana n’izindi nzego mu kwigisha abaturage babasanze aho batuye.

Abafashwe uko ari batandatu bari kuri station ya Polisi ya Byumba, kugira ngo bashyikirizwe inzego zishinzwe kubakurikirana.

Mu Rwanda hari itegeko rigenga uko ibidukikije bikwiye kurindwa n’ibihano bihabwa uwaryishe.

Ni itegeko No.48/2018 ryo kuwa 13, Kanama, 2018.

Akarere ka Gicumbi kari mu Turere duke twamaze kubonekamo amabuye ya zahabu.

Ahandi ari ku bwinshi ariko ataracukurwa kubera impamvu ziremereye ni muri Pariki y’igihugu ya Nyungwe.

TAGGED:AbaturageIkirombeNyungweUbucukuziZahabu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Yemeye Ko Yikuye Umwana Mu Mugongo Amuta Mu Kanyaru
Next Article Abakekwaho Kwiba Ububiko Bwa Dubai Port Bafashwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Nyuma Y’Imyaka Babana, Sonia Rolland Yakoze Ubukwe Ashagawe N’Abakobwa Be

Drone Y’Ingabo Za DRC Yagabye Igitero Ku Birindiro Bya AFC/M23

U Rwanda Rugiye Gushinga Ikigo Gitoza Gukumira Ibitero By’Ikoranabuhanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Yabwiye UN Ko Igihe Kigeze Afurika Igahagararirwa Mu Kanama Kayo K’Umutekano

Ambasaderi Nyamvumba Yahaye Rayon Sports Umukoro

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Hatangijwe Ihuriro Ry’Abashoramari Bo Mu Bwongereza Bakorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Ivuga Ko Isiganwa Rya UCI Ryasukuye Ikirere Cya Kigali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukunguUmutekano

RIB Yavumbuye Amayeri Akomeye Bakoresha Biba Amadolari 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Ingabo Z’u Rwanda Zaganiriye N’Iza Uganda 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?