Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gicumbi: Bafashwe Bacukura Zahabu Bitemewe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Gicumbi: Bafashwe Bacukura Zahabu Bitemewe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 July 2025 11:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Akarere ka Gicumbi kari mu dufite zahabu nyinshi twamenyekanye kugeza ubu.
SHARE

Kare kare mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, abantu batandatu bo mu Murenge wa Miyove muri Gicumbi bafashwe na Polisi ibasanze bacukura zahabu mu buryo ivuga ko budakurikije amategeko.

Abo bantu bafatanywe n’abakiliya babo bari baje mu Kagari ka Mubuga ahari icyo kirombe bitwaje amafaranga ngo babagurire.

Inspector of Police( IP) Ignace Ngirabakunzi yabwiye Taarifa Rwanda ko urwego akorera rufata abantu nkabo kuko baba bangamira ibidukikije, bagashyira ubuzima bwabo n’ubw’abandi mu kaga kandi bigahombya igihugu kuko kitabyaza umusaruro amabuye y’agaciro kuko aba yaribwe.

Ikindi Ngirabakunzi avuga ni uko ubucukuzi nk’ubwo bushyira mu kaga abatuye aho bukorerwa kuko bwangiza ibidukikije.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru IP Ignace Ngirabakunzi.

Ati: “Usibye kuba bene ubu bucukuzio butemewe,  buteza impanuka ababukora, bukangiza n’ibidukikishe kandi bwabaye intandaro y’amakimbirane abyara urugomo hagati y’ababukora n’abaturage bangirizwa imirima n’abashakamo ayo mabuye.”

Ku rundi ruhande, Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru avuga ko ari ngombwa ko abaturage babwirwa ububi bwabwo, bakabwirinda.

Avuga ko kugira ngo ibyo bishoboke, bizagendana ahanini no gukorana n’izindi nzego mu kwigisha abaturage babasanze aho batuye.

Abafashwe uko ari batandatu bari kuri station ya Polisi ya Byumba, kugira ngo bashyikirizwe inzego zishinzwe kubakurikirana.

Mu Rwanda hari itegeko rigenga uko ibidukikije bikwiye kurindwa n’ibihano bihabwa uwaryishe.

Ni itegeko No.48/2018 ryo kuwa 13, Kanama, 2018.

Akarere ka Gicumbi kari mu Turere duke twamaze kubonekamo amabuye ya zahabu.

Ahandi ari ku bwinshi ariko ataracukurwa kubera impamvu ziremereye ni muri Pariki y’igihugu ya Nyungwe.

TAGGED:AbaturageIkirombeNyungweUbucukuziZahabu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Yemeye Ko Yikuye Umwana Mu Mugongo Amuta Mu Kanyaru
Next Article Abakekwaho Kwiba Ububiko Bwa Dubai Port Bafashwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

‘Rwabuze Gica’ Hagati Ya Ndayishimiye N’Abacuruza Lisansi

Kicukiro: Ikigo Kivura Indwara Z’Umutima Kiruzura Umwaka Utaha

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

IBUKA Ivuga Ko Muri Huye Hamaze Kuboneka Imibiri 301 Mu Mezi Ane

Menya Itegeko Ryavuguruwe Ry’Umutungo Bwite Mu By’Ubwenge Rikurikizwa Mu Rwanda

Biya Agiye Kongera Kuyobora Cameroun Muri Manda Izarangira Afite Hafi Imyaka 100

You Might Also Like

Mu mahanga

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Uruhare Rw’Abaturage Mu Bibakorerwa Nirwo Rwego Rwongereye Amanota Abaturage Baha Inzego

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?