Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Gira Iwawe’: Gahunda Yo Guha Abarimu Inzu Zihendutse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

‘Gira Iwawe’: Gahunda Yo Guha Abarimu Inzu Zihendutse

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 March 2023 3:23 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Image of female's left-hand opening / closing a door, touching, holding, pushing a chrome door handle during the Coronavirus pandemic.
SHARE

Banki Nyarwanda y’iterambere, BRD, yasinyanye amasezerano na Umwarimu SACCO yo kuzafasha abarimu gutunga inzu zabo binyuze mu cyo bise ‘Gira Iwawe’.

Hari hasanzwe gahunda yo gutanga inguzanyo ifasha abarimu kubona amacumbi ku nyungu ya 11% akishyurwa mu gihe cy’imyaka 12.

Ayasinywe kuri uyu wa Mbere taliki 13, Werurwe, 2023 hamwe n’ubuyobozi bw’Umwarimu SACCO  avuga ko abarimu benshi bazabona iriya nguzanyo ikazishyurwa mu myaka 15.

Ku ikubitiro, BRD yashyize muri iyi gahunda Miliyari Frw 20 zizafasha abarimu 1900 basabye inguzanyo yo kubaka.

Bahererekanya amasezerano y’iby’imikoranire kuri aya mafaranga

Gufasha abarimu kubona inzu baturamo bitangajwe nyuma y’amezi arindwi Guverinoma y’u Rwanda itangaje ko hari Miliyari Frw 5 zo gushyira mu kigega giha abarimu inguzanyo kitwa Umwarimu SACCO.

Icyo gihe hari ku munsi mpuzamahanga wahariwe kuzirikana akamaro ka mwarimu.

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente icyo gihe yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda kandi yari iherutse kungerera  abarimu umushahara bitewe n’impamyabumenyi bahemberwaga ho.

Yatangaje ko byemejwe mu rwego rwo gufasha abarimu kugira imibereho myiza, harimo ko umwarimu ukorera kandi agahemberwa ku  mpamyabumenyi y’amashuri yisumbuye (A2) yongerewe  Frw 50.849  ku mushahara utahanwa yahembwaga.

Umwarimu ukorera kandi agahemberwa ku  mpamyabumenyi y’icyiciro cya mbere cya Kaminuza (A1)  yongerewe Frw 44.966  ku mushahara utahanwa  yahembwaga.

Umwarimu ukorera kandi agahemberwa ku  mpamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza (A0)  yongerewe Frw 74.544  ku mushahara  utahanwa yahembwaga.

Hongerewe kandi umushahara utahanwa w’abayobozi  b’amashuri, abayobozi bungirije n’abandi bakozi bo mu  bigo by’amashuri ya Leta n’afatanya na Leta ku  bw’amasezerano.

Guverinoma Igiye Gushyira Miliyari Frw 5 Mu Kigega SACCO

TAGGED:BRDInzuMwarimuSACCOUmwenda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imyanzuro Y’Umushyikirano: Gukemura Ikibazo Cya Internet Itihuta, Ikibazo cya Bisi…
Next Article Ibisanduku Bizubakwamo Inganda Z’Inkingo Byageze Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?