Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Girinka Yavuguruwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Girinka Yavuguruwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 August 2023 7:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Politiki ni uko inka ziba iz'umukamo, inyama zigatangwa n'andi matungo
SHARE

Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi yasohoye amabwiriza mashya agenga gahunda ya Girinka Munyarwanda.

Girinka ni uburyo Leta y’u Rwanda yatangije bugamije ko buri rugo rw’Umunyarwanda ufite ubushobozi runaka yorora inka, igakamirwa urugo rwe.

Amata ni ikinyobwa akaba n’ikiribwa ku bantu b’ingeri zose kandi ku myaka yose umuntu yaba afite.

Mu mavugurura ari mu mabwiriza mashya ya Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi agenga ‘Girinka Ivuguruye’ harimo ko mu gutanga inka nta byiciro by’ubudehe bizongera kugenderwaho.

Umuturage witwa Karangwa yabwiye Taarifa ko n’ubwo guha abantu inka bishingiye ku byiciro by’Ubudehe byavanyweho, ngo ni ngombwa ko hashyirwaho Komite z’Inyangamugayo zo guhitamo abahabwa inka.

Ati: “ Byari bibabaje kubona umuturage Perezida Kagame yahaye inka ngo yikure mu bukene bamusaba ikiziriko ngo bayimuhe! Ubwo babikuyeho ni ikintu kiza ariko nanone ni ngombwa ko hajyaho abantu b’Inyangamugayo bo kugena ukwiye koko guhabwa inka.”

Uyu mugabo usanzwe uba mu bantu b’inararibonye aho atuye mu Murenge wa Mamba mu Karere ka Gisagara ashima ko Girinka igamije kuzavana mu bukene Abanayarwanda bose batishoboye.

Ngo ni igikorwa gifite akamaro ku bantu bakuru kuko inka itanga ifumbire ku bahinzi ariko kikakagira no ku bana kuko inka ikamwa ayera agahabwa ibibondo bagakura biciye ukubiri n’igwingira.

Imibare ivuga ko igice kinini cy’Abanyarwanda gitunzwe n’ubuhinzi n’ubworozi.

Bivuze ko gutunga inka ari uguha abahinzi uburyo bwo korora kandi ubuhinzi ni umukenyero ubworozi bukaba umwitero.

Soma ibikubiye mu mabwiriza mashya agenga Girinka Ivuguruye.

AMABWIRIZA MASHYA AGENGA IMITANGIRE N’IMICUNGIRE Y’INKA ZITANGWA MURI GAHUNDA YA GIRINKA

✅Ibyiciro by’ubudehe ntibizongera kugenderwaho,
✅ Hazajya hiturwa inyana y’amezi 9 kandi ifite ubwishingizi.
✅ Inka itangwa igomba kuba yarakingiwe ikibagarira.

👉https://t.co/7WBY5oyuCd pic.twitter.com/CUQ6aNb5SV

— Ministry of Agriculture & Animal Resources |Rwanda (@RwandaAgri) August 16, 2023

TAGGED:AmatafeaturedGirinkaInkaUbudeheUmunyarwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanya Uganda Bakoresha YouTube Bafungiwe Mu Rwanda
Next Article Uwashinjwaga Kuroha Abana 13 Muri Nyabarongo Yakatiwe Umwaka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?