Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gisagara: Abantu Batatu Bo Mu Isibo Imwe Barakekwaho Gupfa Barozwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Gisagara: Abantu Batatu Bo Mu Isibo Imwe Barakekwaho Gupfa Barozwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 February 2024 11:29 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu umwe wo mu Murenge wa Mamba mu Karere ka Gisagara haravugwa inkuru mbi y’urupfu rw’abantu batatu bapfuye by’amarabira, bikavugwa ko bashobora kuba bararozwe. Babiri muri bo bakomoka mu muryango umwe.

Abaturage bo mu Isibo yo mu Mudugudu wa Karama mu Kagari ka Mamba mu Murenge wa Mamba aho byabereye babwiye RADIOTV10 ko hari abantu barwara mu buryo budasobanutse bagahita bapfa.

Bavuga ko abo bantu baba banyoye ibinyobwa mu birori mu baturanyi, bagatanga urugero rw’abantu batatu bo mu Isibo imwe baherutse gupfa barimo babiri bo mu muryango umwe.

Umuturage umwe yeruye avuga ko hari abarozi baba mu gace atuyemo.

Ati: “ Ni abarozi, none se umusaza wanjye ko yagiye kuvumba atarwaye nyuma akaba arapfuye, ni amarozi, amaze gupfa undi na we wo mu muryango yahise apfa, ndetse n’umwana wa Mudugudu.”

Undi mugore wapfushije umugabo nawe avuga ko ari amarozi abantu barogwa n’abaturanyi.

Yagize ati “…Ni ukuri sinakubwira ngo umugabo wanjye naramurwaje, uwo munsi yafashwe twamujyanye kwa muganga saa yine z’ijoro, saa tatu za mu gitondo yari yamaze gupfa.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mamba Eugene Manirarora avuga ko ibintu by’amarozi bitari bisanzwe muri uyu Murenge ayobora.

Yirinze guhamya ko abapfa bazira uburozi.

Ati: “Icyo twe twavuga twabashije kumenya kuri ibyo, ni uko abo bantu batatu bavuga bapfiriye umunsi umwe harimo umusore umwe wakoze impanuka ari muri siporo, uwo nguwo apfira rimwe n’umusaza bavuga ko yari yanyoye aho yari yagiye mu bukwe ndetse n’undi wo mu muryango we.

Asobanura ko impamvu batabifashe mu buryo bwa rusange ari uko umwe yazize igare undi akazira kunywa.

Gitifu Manirarora avuga ko iby’amarozi ari ibivugwa n’abaturage bumva ngo umuntu yapfuye bagacyeka ko yorozwe ariko nta gihamya.

Ifoto@ RADIOTV10

TAGGED:AbaturagefeaturedGisagaraGitifuIsiboUburozii
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugabo W’i Nyagatare Aravugwaho Gusambanya Umwana We
Next Article Ubutaka Bw’u Rwanda Bugiye Gupimwa Intungagihingwa Bufite Bitewe N’Agace
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Shampiyona Y’Abagore Y’u Rwanda Izajya Ica Kuri Rubuga Rwa FIFA

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Umwami Wa Maroc Yandikiwe Ikiruhuko Kubera Uburwayi 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abatanga Ubutabera Bajye Basura Amahanga Barebe Uko Bigenda-Sosiyete Sivile

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?