Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gisagara: Inkuba Yakubise Abantu Batatu, Umwe Arapfa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gisagara: Inkuba Yakubise Abantu Batatu, Umwe Arapfa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 February 2024 8:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Inkuba
SHARE

Inkuba yaraye ikubitiye abantu batatu muri Gisagara bari bahinga bahita bajyanwa kwa muganga, nyuma umwe agwayo. Byabereye mu Karere ka Gisagara, Umurenge wa Kibilizi, Akagari ka Ruturo, Umudugudu wa Akabagoti.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, yatangarije Kigali Today ko byabaye nyuma y’imvura nyinshi yari imaze kuhagwa.

Abantu bari barimo guhinga mu gishanga cy’umuceri bagiye kugama mu kazu k’umuzamu uwurinda nibwo inkuba yabakubitiragamo.

SP Habiyaremye ati: “ Inkuba ikimara kubakubita baguye igihumure bakomereka byoroheje, bose bahita bajyanwa ku bitaro bya Kibirizi muri aka Karere ka Gisagara, kugira ngo bitabweho n’abaganga”.

Avuga ko muri aba batatu bakubiswe n’inkuba umwe yaje gupfa yitabye, undi akaba yamaze gutaha, mu gihe umwe akiri mu bitaro.

SP Habiyaremye agira abantu inama yo kwirinda gukandagira cyangwa gukinira mu mazi biruka, mu gihe cy’imvura irimo inkuba, ahubwo ko mu gihe ako gace karimo imirabyo ari byiza ko umuntu ngo ashobora kugahunga yihuse cyane, kugira ngo adakubitwa n’inkuba.

Ati “Birabujijwe kugama imvura irimo inkuba munsi y’igiti cyangwa kwegamira ikindi kintu kirekire, cyangwa kuba ahantu hitaruye ibintu birebire nko mu kibuga cy’umupira, mu kibaya n’ahandi”.

Yasabye abantu gukomeza gukurikiza amabwiriza yo kwirinda inkuba, arimo kugama mu nzu aho kujya munsi y’ibiti, kwirinda kujya mu mazi igihe imvura igwa, kwirinda gutwara ibyuma no kubikoraho ndetse no kwirinda kugenda ku binyabiziga nk’amagare n’amapikipiki mu gihe cy’imvura irimo imirabyo n’inkuba.

TAGGED:AbaturagefeaturedGisagaraGuhingaInkuba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article REG BBC Na APR Basketball Club Zatangiye Neza Shampiyona
Next Article Ibyuma Bizanwa Mu Rwanda Ngo Binagurwe Hari Ubwo Bizamo ‘Ibisasu’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?