Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gisimba Waramiye Imfubyi Nyinshi Yatabarutse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gisimba Waramiye Imfubyi Nyinshi Yatabarutse

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 June 2023 2:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umusaza Mutezintare Gisimba Damas yatabaye imfubyi nyinshi mu bihe bitandukanye yatabarutse. Bivugwa ko yabaye Se w’imfubyi 600 zaturutse hirya no hino mu Rwanda.

Yubatse ikigo yise “Centre Memorial Gisimba”.

Yapfuye afite imyaka  62 akaba yazize uburwayi, aguye mu bitaro bya Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali.

Yafashije benshi mu bihe bitandukanye

Umwe mubamubaga hafi yabwiye itangazamakuru ko yapfuye azize uburwayi yise ‘trouble isanzwe’ gusa ngo ntiyari amaze igihe kinini arwaye.

Ku rundi ruhande ariko yari afite uburwayi bw’impyiko  ariko ngo yaje kugira ikibazo bita infection zituma ikibazo yari afite kirushaho gukomera.

Abo mu   umuryango we bategereje gufata icyemezo cy’igihe cyo kumusezeraho  bwa nyuma.

Ikigo yashinze Centre Memorial Gisimba iherereye mu Murenge wa Rwezamenyo mu Karere ka Nyarugenge.

Muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 abantu  400  bakirokokeyemo

Gisimba yambitswe imidali itandukanye harimo uwo kugira uruhare mu kurwanya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

Yigeze kuba mu “Abarinzi b’igihango 17” bambitswe imidali bahabwa na “Certificat” y’icyubahiro mu ijoro ry’ubusabane ryo kuwa 06 Ugushyingo hari muri 2015, ryari ryitabiriwe na Perezida Kagame.

TAGGED:featuredGisimbaImfubyiMutezintareNyarugenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yashimiye Erdogan Nyuma Y’Irahira Rye
Next Article Rwanda: Leta Irashaka Guca Ibikombe N’Amasahane Bya Plastique Mu Mashuri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

M23 Ivuga Ko Yakuye Abarwanyi Bayo Muri Uvira, Leta Ya Kinshasa Iti: ‘Murabeshya!’

Abanyarwandakazi Bafite Ubumuga Bwo Kutabona Barataka Kubera Ihohoterwa

Umukobwa Wo Mu Ruhango Bamusanze Mu Cyumba Cy’Umusore Yapfuye

RDB Yongereye Amasaha Yo Gufungura Utubari 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko Ikibazo Cya Feri Za Spiro Giteye

Umusaruro Mbumbe W’ u Rwanda Wazamutseho 11.8% Mu Gihembwe Cya Gatatu

FDLR Yarwanye Na Mai Mai

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

Imitangire Ya Serivisi Ntiranoga- RGB

You Might Also Like

Imyidagaduro

DJ Toxxyk Akurikiranyweho Kugonga Umupolisi Agapfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ibishanga Bya Kigali Byangizwa N’Ababisukamo Amazi Yanduye- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: Abana Bafite Ubumuga Baracyahishwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

UN Yemeza Ko Nta Nzara ‘Ikomeye’ Ikiri Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?