Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Goma: Amafaranga Yarabuze, M23 Irashaka Uko Yabikemura
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbukungu

Goma: Amafaranga Yarabuze, M23 Irashaka Uko Yabikemura

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 February 2025 11:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kubera intambara, ubucuruzi bwaberaga mu Mujyi wa Goma busa n’ubwahagaze. Nta mafaranga ahagije ari mu baturage ndetse hari n’aho usanga abantu bagurana ibintu mu rwego rwo guhahirana…

Iki kibazo kiri mu byo ubuyobozi bwa M23 buvuga ko bushaka gukemura binyuze mu gushinga Banki idafite aho ihuriye na Banki nkuru y’ i Kinshasa.

Umwe mu bayobozi b’uyu mutwe avuga ko hari kwigwa mu buryo bunonosoye uko hashyirwaho imikorere isa niya banki( kubitsa, kubikuza…) idafite aho ihuriye n’ibiteganywa na Banki nkuru ya DRC, bikazakorwa hifashishijwe uburyo bita SWIFT.

Ubu ni uburyo bukorwa iyo runaka yandikiye banki ye ko ahaye runaka wundi ingano runaka y’amafaranga.

Ku byerekeye imikorere y’ubu buryo mu Mujyi wa Goma n’ibyo M23 iteganya kuzabikoraho, nta makuru arambuye uwabitubwiye yabitanzeho cyane cyane ko n’ibura ry’amafaranga rikomeje kubera abatuye uyu mujyi ingorabahizi.

Impamvu ikomeye ni uko ubuyobozi bwa Banki nkuru ya DRC bwahagaritse ibyo bwageneraga banki zose zikorera muri Goma.

Ingaruka zabaye iz’uko abaturage miliyoni ebyiri batuye uyu mujyi babuze amafaranga yo gukoresha, basigara mu gihirahiro.

Kubera ko nta cash zihari, abacuruzi bamwe bakoresha icyuma cy’ikoranabuhanga bita point-of-sale (POS) kugira ngo abakiliya babone uko bishyura ariko nabyo byishyurirwa menshi.

Abafite amadolari nabo bagorwa no kuyavunja mu mafaranga ya DRC kuko yataye agaciro ku kigero kinini.

Gukoresha Mobile Money nabyo birahenze haba mu kubitsa no mu kubikuza.

Amafaranga ari gukoreshwa yo cyane ni amadolari ya Amerika ariko mato (ni ukuvuga guhera $1 kugeza ku $20), bigatuma ubucuruzi bugenda gahoro.

Kubera ko amafaranga ya DRC ari make cyane muri aka gace, abavunjayi bishyiriraho ibiciro byabo byo kuvunja.

Urugero ni uko Frw 1,000 bayaguhamo amafaranga ya Congo( Franc Congolais) ari hagati ya 1,000 na 1,300 bitewe n’uko waciririkanyije.

Mbere Frw 1,000 yavunjwaga 1.91397 CDF.

Abakozi ba Leta bari mu bantu bahuriye n’ingorane zikomeye muri iki kibazo.

Icyakora bavuga ko bafite icyizere ko M23 izabashakira umuti w’iki kibazo niyo waba ari uw’agateganyo.

Imibereho iragoranye no ku bifite kuko igikombe cy’ikawa ya make kigura byibura $5 n’aho icupa ry’amazi rikagura $3 ni ukuvuga hafi Frw 4,000.

Abari barabitse amafaranga mu ngo bafite akarusho ko guhaha bitabagoye ariko nabyo si iby’igihe kirekire.

Abacuruza cyane cyane ibiribwa nk’akawunga, ibishyimbo, amavuta yo guteka, imyenda , telefoni n’ibikoresho byazo bo bashobora kujya kubigurisha mu Rwanda.

Amaduka menshi y’i Goma yarafunzwe, abantu birirwa batembera bashaka aho bahahira ariko nabyo biragoranye kuko nta mafaranga ahagije ari mu mifuka y’abaturage.

Abacuruzi batumizaga ibintu hanze babuze amadolari ahagije yo kubikora, ububiko byabyo busa n’uburimo ubusa.

Kubura amafaranga byatumye abantu bayoboka  uburyo bwo kugurana ibintu, ufite ibishyimbo byinshi agashaka ufite umuceri mwinshi akamuguranira, gutyo gutyo…

Ku byerekeye ubwikorezi, abenshi bagenda n’amaguru kuko ba nyiri imodoka bahungiye mu Rwanda no mu bindi bihugu birukikije kubera kutizera amahoro arambye…

TAGGED:AbacuruziAmadolariBankifeaturedKubitsaM23
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uburayi Buhangayikiye Ko Amerika Igiye Kuganira Na Putin
Next Article Nsanzabaganwa Yashimiwe Imikorere Yamuranze Muri AU Akorana Na Faki
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?