Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Goma: Amaraso Yo Gutera Inkomere Mu Bitaro Yabuze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Goma: Amaraso Yo Gutera Inkomere Mu Bitaro Yabuze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 January 2025 4:23 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abakora mu buvuzi muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu Mujyi wa Goma barataka ko amaraso yo gutera inkomere yabaye make cyane.

Ni ikibazo bavuga ko kiri bwongere umubare w’abapfa bazira amasasu cyangwa ibikomere byayo.

I Goma kandi hagiye kumara iminsi itatu nta muriro w’amashanyarazi na murandasi biharangwa, ibi nabyo bikaba ikindi gishyira ubuzima bwa benshi mu kaga.

Ku byerekeye ibura ry’amaraso, umuyobozi ushinzwe ubuzima muri Goma witwa Merveille Rubakare yabwiye Radio Okapi ko abakomeretse bari kuza bagana muri aka gace bari kwiyongera.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Biraterwa n’amasasu araswa n’abari mu ntambara iri hagati ya M23 n’ingabo za DRC ari gukomeretsa abantu barimo n’abasivili bo mu bice bituranye na Goma nka Sake n’ahandi.

Dr Merveille Rubakare asaba abafite umutima w’impuhwe gutanga amaraso bagatabara abari mu kaga.

Yagize ati: ” Niba abantu badatabaye ngo batange amaraso, abantu baratakaza ubuzima ari benshi bazize gukomereka cyane”.

Amakuru atuka ahantu hatandukanye aravuguruzanya mu kwemeza uko ibintu byifashe muri Goma.

Bamwe bavuga ko abarwanyi ba M23 bamaze kugera mu marembo ya Goma mu gihe abandi bavuga ko bakiri muri Sake.

- Advertisement -

Uko bimeze kose, imirwano irakomeye ku buryo Umunyamabanga Mukuru wa UN Antonio Guterres yavuze ko iriya ntambara ishobora kuvamo iy’Akarere kose.

Ibiganiro by’amahoro byaberaga i Luanda hagati y’u Rwanda na DRC muri Angola mu mwaka ushize ngo harebwe uko intambara yahagarara byarahagaze.

Kutumvikana ku ngingo y’uko M23 yaganira n’ubutegetsi bw’i Kinshasa nibyo byatumye ibyo biganiro biba bisubitswe.

TAGGED:featuredGomaIngaboInkomereM23Sake
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article UN Ifite Impungenge Ko Intambara Ya DRC Yakwira Hose Mu Karere
Next Article Macron Yongeye Kuganira Na Kagame Na Tshisekedi Ku Bya M23
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?