Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Goma: Amaraso Yo Gutera Inkomere Mu Bitaro Yabuze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Goma: Amaraso Yo Gutera Inkomere Mu Bitaro Yabuze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 January 2025 4:23 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abakora mu buvuzi muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu Mujyi wa Goma barataka ko amaraso yo gutera inkomere yabaye make cyane.

Ni ikibazo bavuga ko kiri bwongere umubare w’abapfa bazira amasasu cyangwa ibikomere byayo.

I Goma kandi hagiye kumara iminsi itatu nta muriro w’amashanyarazi na murandasi biharangwa, ibi nabyo bikaba ikindi gishyira ubuzima bwa benshi mu kaga.

Ku byerekeye ibura ry’amaraso, umuyobozi ushinzwe ubuzima muri Goma witwa Merveille Rubakare yabwiye Radio Okapi ko abakomeretse bari kuza bagana muri aka gace bari kwiyongera.

Biraterwa n’amasasu araswa n’abari mu ntambara iri hagati ya M23 n’ingabo za DRC ari gukomeretsa abantu barimo n’abasivili bo mu bice bituranye na Goma nka Sake n’ahandi.

Dr Merveille Rubakare asaba abafite umutima w’impuhwe gutanga amaraso bagatabara abari mu kaga.

Yagize ati: ” Niba abantu badatabaye ngo batange amaraso, abantu baratakaza ubuzima ari benshi bazize gukomereka cyane”.

Amakuru atuka ahantu hatandukanye aravuguruzanya mu kwemeza uko ibintu byifashe muri Goma.

Bamwe bavuga ko abarwanyi ba M23 bamaze kugera mu marembo ya Goma mu gihe abandi bavuga ko bakiri muri Sake.

Uko bimeze kose, imirwano irakomeye ku buryo Umunyamabanga Mukuru wa UN Antonio Guterres yavuze ko iriya ntambara ishobora kuvamo iy’Akarere kose.

Ibiganiro by’amahoro byaberaga i Luanda hagati y’u Rwanda na DRC muri Angola mu mwaka ushize ngo harebwe uko intambara yahagarara byarahagaze.

Kutumvikana ku ngingo y’uko M23 yaganira n’ubutegetsi bw’i Kinshasa nibyo byatumye ibyo biganiro biba bisubitswe.

TAGGED:featuredGomaIngaboInkomereM23Sake
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article UN Ifite Impungenge Ko Intambara Ya DRC Yakwira Hose Mu Karere
Next Article Macron Yongeye Kuganira Na Kagame Na Tshisekedi Ku Bya M23
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?