Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Green Party Ya Dr Frank Habineza Iravugwamo Amacakubiri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Green Party Ya Dr Frank Habineza Iravugwamo Amacakubiri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 August 2022 1:49 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ishyaka Green Party rya Frank Habineza riravugwamo amacakubiri ashingiye k’ukuba hari abagize Komite nyobozi bavugwaho gushaka kuricamo ibice bakariremeramo irindi shyaka. Habineza ariko yabwiye The East African ko baje gusuzuma basanga abo bantu basanzwe bakorana n’irindi shyaka  riba mu Burayi ryitwa RANP — Abaryankuna (Rwandan Alliance for The National Pact).

Iby’amacakubiri muri iri rishyaka ritavuga rumwe na Leta y’u Rwanda kandi ritaba muri Forumu y’amashyaka bivuzwe mu gihe imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda iri kwitegura kuzatanga abakandida baziyamamariza kuyahagararira mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda.

Aya matora azaba mu mwaka wa 2023 akazabanziriza ay’Umukuru w’Igihugu azaba mu mwaka wa 2024.

Umukuru wa Green Party Dr Frank Habineza mu mwaka wa 2017 yiyamamarije kuba Perezida wa Repubulika ariko ntiyatorwa.

Yabonye amajwi afite ijanisha rya 0.48%.

Habineza  yabwiye The East African ko abantu babiri bashaka gusenya Green Party ari uwitwa Ferdinand Mutabazi n’uwitwa Déogratias Tuyishimire.

Aherutse kubirukana mu ishyaka abashinja ko bashaka kurisenya baririmo.

Ngo mu kirisenya bashakaga kubikora bahereye mu basanzwe ari abayoboke baryo.

Dr Habineza ati: “ Hari abanyamuryango bacu babiri bashaka kudusenyera ishyaka. Twaraperereje tuza gusanga bakorana n’abagize ishyaka ryitwa Abaryankuna (Rwandan Alliance for The National Pact). Aba kandi ntiduhuje umurongo wa Politiki. Twabirukanye mu ishyaka.”

Avuga kandi ko hari hamwe mu bayoboke bari ririya shyaka( RANP) baba muri Mozambique.

Ku rundi ruhande, abavugwaho ko bakorana na ririya shyaka rirwanyiriza Leta y’u Rwanda hanze yarwo, bo barabihakana!

Bemeza ko basanze batakomeza gukorana na Dr Frank Habineza kubera ko basanga muri iki gihe afite imiyoborere idahwitse.

Yaba Mutabazi yaba na Tuyisenge, bavugwaho kuba abantu bashaka kuzayobora Green Party mu matora yo mu mwaka wa 2023.

Kugeza ubu Green Party ifite abayoboke bagera kuri 400,000.

Mutabazi asanzwe ari we uyobora Green Party mu Ntara y’Amajyepfo n’aho Tuyishime we akayiyobora mu Ntara y’Amajyaruguru.

Mutabazi we yamaramarije kuziyamamaza agakura Habineza k’ubuyobozi bwa Green Party  kandi ngo azabikora uko bizagenda kose.

Abasesengura Politiki bazi neza ko iyo mu ishyaka iryo ari ryo ryose havutse rwaserera, birica intege bikaba byanarisenya.

TAGGED:AmatoraHabinezaIshyakaMutabazi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kayonza: Aborora Amafi Bijejwe Isoko
Next Article Intambara Yubuye Hagati Ya Ethiopia N’Abarwanyi Ba Tigray
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?