Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Green Party Ya Dr Frank Habineza Iravugwamo Amacakubiri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Green Party Ya Dr Frank Habineza Iravugwamo Amacakubiri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 August 2022 1:49 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ishyaka Green Party rya Frank Habineza riravugwamo amacakubiri ashingiye k’ukuba hari abagize Komite nyobozi bavugwaho gushaka kuricamo ibice bakariremeramo irindi shyaka. Habineza ariko yabwiye The East African ko baje gusuzuma basanga abo bantu basanzwe bakorana n’irindi shyaka  riba mu Burayi ryitwa RANP — Abaryankuna (Rwandan Alliance for The National Pact).

Iby’amacakubiri muri iri rishyaka ritavuga rumwe na Leta y’u Rwanda kandi ritaba muri Forumu y’amashyaka bivuzwe mu gihe imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda iri kwitegura kuzatanga abakandida baziyamamariza kuyahagararira mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda.

Aya matora azaba mu mwaka wa 2023 akazabanziriza ay’Umukuru w’Igihugu azaba mu mwaka wa 2024.

Umukuru wa Green Party Dr Frank Habineza mu mwaka wa 2017 yiyamamarije kuba Perezida wa Repubulika ariko ntiyatorwa.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yabonye amajwi afite ijanisha rya 0.48%.

Habineza  yabwiye The East African ko abantu babiri bashaka gusenya Green Party ari uwitwa Ferdinand Mutabazi n’uwitwa Déogratias Tuyishimire.

Aherutse kubirukana mu ishyaka abashinja ko bashaka kurisenya baririmo.

Ngo mu kirisenya bashakaga kubikora bahereye mu basanzwe ari abayoboke baryo.

Dr Habineza ati: “ Hari abanyamuryango bacu babiri bashaka kudusenyera ishyaka. Twaraperereje tuza gusanga bakorana n’abagize ishyaka ryitwa Abaryankuna (Rwandan Alliance for The National Pact). Aba kandi ntiduhuje umurongo wa Politiki. Twabirukanye mu ishyaka.”

- Advertisement -

Avuga kandi ko hari hamwe mu bayoboke bari ririya shyaka( RANP) baba muri Mozambique.

Ku rundi ruhande, abavugwaho ko bakorana na ririya shyaka rirwanyiriza Leta y’u Rwanda hanze yarwo, bo barabihakana!

Bemeza ko basanze batakomeza gukorana na Dr Frank Habineza kubera ko basanga muri iki gihe afite imiyoborere idahwitse.

Yaba Mutabazi yaba na Tuyisenge, bavugwaho kuba abantu bashaka kuzayobora Green Party mu matora yo mu mwaka wa 2023.

Kugeza ubu Green Party ifite abayoboke bagera kuri 400,000.

Mutabazi asanzwe ari we uyobora Green Party mu Ntara y’Amajyepfo n’aho Tuyishime we akayiyobora mu Ntara y’Amajyaruguru.

Mutabazi we yamaramarije kuziyamamaza agakura Habineza k’ubuyobozi bwa Green Party  kandi ngo azabikora uko bizagenda kose.

Abasesengura Politiki bazi neza ko iyo mu ishyaka iryo ari ryo ryose havutse rwaserera, birica intege bikaba byanarisenya.

TAGGED:AmatoraHabinezaIshyakaMutabazi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kayonza: Aborora Amafi Bijejwe Isoko
Next Article Intambara Yubuye Hagati Ya Ethiopia N’Abarwanyi Ba Tigray
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?