Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gufata Urukingo Rushimangira Byashyizwe Nyuma Y’Amezi 3
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gufata Urukingo Rushimangira Byashyizwe Nyuma Y’Amezi 3

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 December 2021 2:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri y’ubuzima imaze gutangaza ko umuntu wikingije byuzuye ashobora guhabwa urukingo nyuma y’amezi atatu. Mbere byari bisanzwe bikorwa nyuma y’amezi atandatu.

Iri tangazo rifunguye amarembo abakingiwe byuzuye bari bategereje ko amezi atandatu arangira kugira ngo bahabwe urukingo rwa gatatu, rushimangira ubudangarwa baba barahawe no kwingiza kabiri.

Minisiteri y’ubuzima ikangurira abaturage kujya ku bigo nderabuzima biri hafi yabo cyangwa ahandi hatangirwa inkingo bagahabwa urwa gatatu, rushimangira.

Gufata iki cyemezo bije nyuma y’uko byagaragaye ko n’abikingije kabiri bandura ubwandu bushya bwa kiriya cyorezo bwiswe Omicron.

Inzego z’ubuzima zivuga ko guhabwa urukingo rushimangira byongerera uwaruhawe ubudahangarwa Omicron ntimurembye.

Mu mpera z’Ugushyingo, 2021, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko igiye gutangira gutanga urukingo rushimangira rwa COVID-19.

Icyo gihe abayobozi muri iriya Minisiteri bavuze ko  ruzahabwa abantu bahawe inkingo zitangwa ari ebyiri cyangwa izitangwa muri doze imwe.

Ubushakashatsi bugaragaza ko nyuma y’amezi atandatu ubwirinzi butangwa n’urukingo rwa COVID-19 butangira kugabanyuka, mu gihe ubundi zifasha umuntu kutaremba cyangwa kuzahazwa n’iki cyorezo.

Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Ubuvuzi bw’Ibanze Dr Mpunga Tharcisse yatangaje ko Minisiteri y’Ubuzima izatangira gutanga uru rukingo tariki ya 30 Ugushyingo 2021 ni ukuvuga guhera kuri uyu wa Kane.

Ati: “Minisitieri y’ubuzima izatangiza gahunda yo gutanga doze ishimangira y’urukingo rwa Covid-19 mu mujyi wa Kigali ku byiciro by’abakuze kuva ku myaka 50 kuzamura n’abafite imyaka hagati ya 30 na 49 ariko banana n’uburwayi budakira cyangwa bafite indwara zagabanya ubudahangarwa bw’umubiri, n’abakozi bo kwa muganga.

Inkingo zitangwa nka doze imwe ni Johnson & Johnson, mu gihe izitangwa ari ebyiri mu Rwanda zirimo Moderna, Pfizer-BioNTech, AstraZeneca na Sinopharm.

Abahanga bamaze kugaragaza ko urukingo rushimangira rushobora kuba rutandukanye n’urwo umuntu yahawe mbere.

Dr Mpunga yakomeje ati “Gukingira bizajya nibera mu bigo nderabuzima, ku bitaro by’u turere ndetse n’ahandi hateganyijwe gukingirirwa. Bizakorwa mu byiciro, bikazahera mu Umujyi wa Kigali ariko n’utundi turere tuzakurikiraho mu gihe cya vuba.”

Dr Tharcisse Mpunga

Ni icyemezo gitangajwe mu gihe abaturarwanda bamaze guhabwa urukingo rwa mbere barenga miliyoni 5.9 naho abakingiwe byuzuye ni miliyoni 3.3.

TAGGED:COVID-19featuredOmicronUrukingo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tanzania Igiye Kubaka Gari Ya Moshi Ku Mwenda Wa Miliyari 1.9$
Next Article Beyond2020: Gahunda Ya Leta Y’Abarabu Yo Guteza Imbere Icyaro Yageze Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?