Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Guinée: Abagore B’Abayobozi Bakuru Baravugwaho Gusambanira Mu Biro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Guinée: Abagore B’Abayobozi Bakuru Baravugwaho Gusambanira Mu Biro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 November 2024 3:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ni ishyano ry'ikoranabuhanga ryaguye muri iki gihugu
SHARE

Visi Perezida wa  Guinée Equatoriale  Teodoro Obiang Nguema Mangue yanditse ku rubuga X ko bagiye guhagarika abayobozi bose bagaragaye bakorera imibonano mpuzabitsina mu Biro bya Minisitiri.

Hari amashusho menshi y’umwe mu bategetsi bakuru ari gukora imibonano mpuzabitsina mu biro n’abagore ba bamwe mu bakomeye mu butegetsi bwa Guinée Equatoriale.

Teodoro Obiang Nguema Mangue mu butumwa yacishije kuri X yagize ati:  “Uyu munsi, turahagarika abategetsi bose bakoreye imibonano mpuzabitsina mu biro bya minisiteri”.

Avuga ko ibyo bakoze bigize kurenga ku mabwiriza ngengamyitwarire iranga umuyobozi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kugira ngo ibyo bimenyekane, byahereye ku mashusho abashinzwe iperereza basanze muri mudasobwa za Baltasar Engonga wari usanzwe uyobora Urwego rw’igihugu rushinzwe iperereza mu by’ubukungu n’imari rwitwa National Financial Investigation Agency.

Bikirangiza kujya ku karubanda, Visi Perezida yahise yihaniza abashinzwe itumanaho na murandasi guhagarika ikwirakwira ry’ayo mashusho mu rwego rwo kwirinda ko igihugu gikomeza kwandagara.

Mbere y’uko icyo cyemezo gifatwa, ayo mashusho yari yageze ku mbuga nkorambaga zikomeye nka Facebook, Instagram, TikTok na X yahoze yitwa Twitter.

Inzego z’iperereza za kiriya gihugu cyo mu Burengerazuba bw’Afurika zabanje gufata Baltasar Engengo zimukurikiranyeho ibindi byaha ariko, mu gushakisha ibindi bimenyetso, ziza kugwa kuri ariya mashusho.

Ntiharamenyekana uwabishyize ku karubanda.

- Advertisement -

Umushinjacyaha mukuru w’iki gihugu, Anatolio Nzang Nguema, yavuze ko nubwo ayo mashusho bigaragara ko yafashwe ku bwumvikane bw’abakoraga imibonano, Engonga ashobora gukurikiranwa ku “byaha ku buzima bw’abantu”.

Byazarushaho gukomera igihe basanga hari abanduriye muri ubwo busambanyi.

Engonga ni umuhungu wa Baltasar Engonga Edjo, ukuriye komisiyo y’Umuryango w’ubukungu n’ifaranga ry’ibihugu byo muri Afurika yo hagati, uzwi nka CEMAC – Edjo na we akaba mwishywa wa Perezida Teodoro Obiang Nguema.

Ikwirakwira ry’aya mashusho ryateye uburakari  bamwe mu baturage b’iki gihugu.

TAGGED:AbagoreAmashushoEquatorialeGuineeGusambanaPerezidaVisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Divin Uwayo Yahawe Kuyobora Radio Rwanda
Next Article Abaturage 51 Bafatanywe Ibilo 700 By’Amabuye Y’Agaciro 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?