Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gukingira COVID-19 Abarengeje Imyaka 18 Mu Mujyi wa Kigali Byasubukuwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Gukingira COVID-19 Abarengeje Imyaka 18 Mu Mujyi wa Kigali Byasubukuwe

Last updated: 31 August 2021 4:08 pm
Share
SHARE

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko guhera kuri uyu wa Gatatu izasubukura ibikorwa byo gutanga urukingo rwa mbere rwa COVID-19 mu Mujyi wa Kigali, ku bantu bafite imyaka 18 kuzamura.

Iyi minisiteri yaherukaga gutangaza ko guhera ku wa Gatandatu tariki ya 28 Kanama 2021, mu Mujyi wa Kigali hazakomeza gukingirwa gusa abafata urukingo rwa kabiri, abafata urwa mbere bakazamenyeshwa igihe gahunda izakomereza.

Icyo gihe yagize iti “Iyi mpinduka itewe n’uko ibyiciro by’abaturage b’Umujyi wa Kigali byari biteganyijwe gukingirwa mu gihe cy’ibyumweru bibiri bitabiriye cyane, ku buryo imibare yateganywaga gukingirwa buri munsi yikubye inshuro zirenze ebyiri.”

Nubwo byari byasubitswe mu Mujyi wa Kigali, byakomeje mu turere twinshi hirya no hino mu gihugu, ku buryo ku wa Gatandatu hakingiwe 51.781, ku Cyumweru hakingirwa 12,902 naho ku wa Mbere hakingirwa 12,159 bahawe urukingo rwa mbere rwa COVID-19.

Kuri uyu wa Kabiri Minisiteri y‘Ubuzima yatangaje ko guhera kuri uyu wa Gatatu isubukura gutanga urukingo rwa mbere mu Mujyi wa Kigali.

Yagize iti “Minisiteri y’Ubuzima iramenyesha abatuye Umujyi wa Kigali ko ibikorwa byo gutanga doze ya mbere y’urukingo rwa COVID-19 ku bantu bafite imyaka 18 kuzamura, bizasubukurwa ku wa Gatatu tariki 01 Nzeri 2021.”

“Abaza guhabwa urukingo barasabwa kugera ahakingirirwa bitwaje ibyangombwa bibaranga.”

Biteganywa ko buri munsi hazajya harara hatangajwe site z’ikingira zizifashishwa ku munsi ukurikira.

Abakingirwa bajya ku bigo nderabuzima, uretse abasheshe akanguhe n’abafite impamvu zituma batabasha kugera aho bakingirirwa.

Kugeza ubu abantu bamaze gukingirwa mu Rwanda ni miliyoni 1.5, harimo abasaga ibihumbi 631 bahawe inkingo ebyiri ziteganywa.

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko inkingo zirimo gutanga umusaruro, ku buryo abantu baremba n’bahitanwana COVID-19 bagenda bagabanyuka.

 

TAGGED:COVID-19featuredUmujyi wa Kigali
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu Babiri Bakurikiranyweho Kunyereza Imisoro Irenga Miliyoni 40 Frw
Next Article Umunyarwanda Yiciwe Muri Uganda, Umuryango Usabwa Amafaranga Ngo Uhabwe Umurambo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?