Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gukingira COVID-19 Muri Kigali Bigeze Hafi Kuri 90%
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Gukingira COVID-19 Muri Kigali Bigeze Hafi Kuri 90%

Last updated: 02 September 2021 9:15 pm
Share
SHARE

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima Dr. Tharcisse Mpunga yatangaje ko abatuye Umujyi wa Kigali hafi 90% bamaze guhabwa urukingo rwa mbere rwa COVID-19, mu gihe abahawe ebyiri ziteganywa bageze muri 45%.

Imibare iheruka y’abamaze gukingirwa mu gihugu hose yerekana ko abahawe urukingo rwa mbere basaga miliyoni 1.5, abamaze guhabwa ebyiri ari ibihumbi 687.

Dr Mpunga yavuze ko bijyanye n’uburyo habonetse inkingo nyinshi hakaba harimo gukingirwa abantu bose barengeje imyaka 18, igikorwa kirimo kugenda neza. Yari kuri televiziyo y’igihugu.

Ati “Ni hafi 20% by’abo duteganya gukingira, dufite icyizere rero ko intego twihaye yo gukingira nibura 30% mu mpera z’uyu mwaka tuzaba twayigezeho cyangwa tukanayirenza. By’umwihariko muri Kigali ho biri hejuru cyane, tugeze nibura kuri 90% by’abafashe urukingo rwa mbere na 45% ku rukingo rwa kabiri.”

“Abongabo turateganya ko mu mpera z’ukwezi kwa cyenda bazaba bamaze kubona urukingo rwa kabiri, bivuze ko Kigali izaba imaze kugera ku rwego rwiza, ba bantu bose ibisanbwa kugira ngo babe bajya mu birori, bikingiye, banapimwe, bizaba byibahirijwe.”

Dr. Mpunga yavuze ko uretse mu Mujyi wa Kigali, inkingo zizakomeza koherezwa hirya no hino mu gihugu uko ziboneka, hitawe cyane ku haboneka ubwandu bwinshi.

Intego ngo ni uko iyo inkingo zigeze mu gihugu zitagomba kurenza iminsi ibiri zitaragera ku baturage, bakazihabwa hakiri kare ari nako bahabwa amahirwe yo kutazahazwa na COVID-19.

Leta yiyemeje gukingira abantu 30 ku ijana by’abantu bakuru kugeza mu mpera za 2021, na 60% by’abaturarwanda bose mbere y’uko umwaka wa 2022 urangira.

TAGGED:COVID-19Dr Mpunga TharcisseKigali
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingengabihe y’Umwaka w’Amashuri Utaha Yamenyekanye
Next Article U Rwanda Rwaguze Inkingo Miliyoni 2 Za COVID-19 Zo Mu Bwoko Bwa Johnson & Johnson
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

Rwanda: Ababyeyi Baraburirwa Ngo Barinde Abana Ibibi Bya Interineti

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

Hamas Iherutse Guhura Mu Ibanga N’Intumwa Za Amerika Kubera Kudashira Amakenga Israel

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yahuje Ubuziranenge N’Iterambere Rirambye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Ivuga Ko Isiganwa Rya UCI Ryasukuye Ikirere Cya Kigali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?