Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gutanga Urukingo Rwa COVID-19 Rwa Johnson & Johnson Byabaye Bihagaritswe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Gutanga Urukingo Rwa COVID-19 Rwa Johnson & Johnson Byabaye Bihagaritswe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 April 2021 8:28 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Afurika y’Epfo n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi byabaye bihagaritse gukingira COVID-19 bikoresheje urukingo rwa Johnson & Johnson (J&J), nyuma y’uko ruvuzweho ibibazo byo kwipfundika kw’amaraso mu bice bimwe.

Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika Gishinzwe Ibiribwa n’Imiti (US FDA) cyatangaje ko ibyo bibazo byagaragaye ku bantu batandatu mu basaga miliyoni 6.8 bahawe urukingo rwa J&J.

Johnson & Johnson yahise itangaza ko ibaye ihagaritse igikorwa cyo gukwirakwiza inkingo zayo mu Burayi cyari cyatangiye muri iki cyumweru, kugira ngo habanze hakorwe iperereza kuri ibyo bibazo.

Ibibazo nk’ibi byabanje kuvugwa ku rukingo rwa COVID-19 rwa AstraZeneca, ibihugu bibanza guhagarika kurukoresha, ariko nyuma iperereza riza kugaragara ko nta kibazo rufite.

Abantu batandatu bagaragayeho ibibazo bose bari abagore bafite hagati y’imyaka 18 na 48, ibimenyetso bitangira kugaragara hagati y’umunsi wa 6-13 nyuma yo guhabwa urukingo.

Ikigo gikora imiti Johnson & Johnson gikorera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, gusa inkingo nyinshi zacyo zikorerwa mu Bubiligi, aho kizwi nka Janssen.

Hari n’izindi nkingo z’icyo kigo zirimo gukorerwa muri Afurika y’Epfo.

TAGGED:COVID-19EUfeaturedJohnson & Johnson
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Yafashe Itsinda Rikekwaho Gutema Abantu Rikanabambura
Next Article Sadate Ati: “ Itongo Ry’Iwacu Rinyibutsa Ubunyamaswa Bw’Abantu’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?