Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gutanga Urukingo Rwa COVID-19 Rwa Johnson & Johnson Byabaye Bihagaritswe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Gutanga Urukingo Rwa COVID-19 Rwa Johnson & Johnson Byabaye Bihagaritswe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 April 2021 8:28 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Afurika y’Epfo n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi byabaye bihagaritse gukingira COVID-19 bikoresheje urukingo rwa Johnson & Johnson (J&J), nyuma y’uko ruvuzweho ibibazo byo kwipfundika kw’amaraso mu bice bimwe.

Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika Gishinzwe Ibiribwa n’Imiti (US FDA) cyatangaje ko ibyo bibazo byagaragaye ku bantu batandatu mu basaga miliyoni 6.8 bahawe urukingo rwa J&J.

Johnson & Johnson yahise itangaza ko ibaye ihagaritse igikorwa cyo gukwirakwiza inkingo zayo mu Burayi cyari cyatangiye muri iki cyumweru, kugira ngo habanze hakorwe iperereza kuri ibyo bibazo.

Ibibazo nk’ibi byabanje kuvugwa ku rukingo rwa COVID-19 rwa AstraZeneca, ibihugu bibanza guhagarika kurukoresha, ariko nyuma iperereza riza kugaragara ko nta kibazo rufite.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abantu batandatu bagaragayeho ibibazo bose bari abagore bafite hagati y’imyaka 18 na 48, ibimenyetso bitangira kugaragara hagati y’umunsi wa 6-13 nyuma yo guhabwa urukingo.

Ikigo gikora imiti Johnson & Johnson gikorera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, gusa inkingo nyinshi zacyo zikorerwa mu Bubiligi, aho kizwi nka Janssen.

Hari n’izindi nkingo z’icyo kigo zirimo gukorerwa muri Afurika y’Epfo.

TAGGED:COVID-19EUfeaturedJohnson & Johnson
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Yafashe Itsinda Rikekwaho Gutema Abantu Rikanabambura
Next Article Sadate Ati: “ Itongo Ry’Iwacu Rinyibutsa Ubunyamaswa Bw’Abantu’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?