Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gutunganya Ibishanga Muri Kigali Bigeze He?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Gutunganya Ibishanga Muri Kigali Bigeze He?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 June 2025 9:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Imirimo yo kubitunganya irakomeje
SHARE

Ikigo cy’igihugu gishizwe kurengera ibidukikije, REMA, kivuga ko imirimo yo gutunganya ibishanga bitanu biri mu Mujyi wa Kigali igenda neza.

Biratunganywa mu rwego rwo kubifasha kubona amazi no kuyayungurura kugira ngo amasoko yayo atange meza.

Indi ntego ni ukurwanya imyuzure  no kuyungurura umwuka abatuye Kigali bahumeka, bikagendana no kurimbisha Umurwa mukuru w’u Rwanda.

Kimwe muri ibyo bishanga ni icya Gikondo, ubu kikaba kimaze gutunganywa ku rwego rugaragara.

REMA yatangarije kuri X ko iki gishanga cyatangiriye kwisubiranya nyuma y’aho ibikorwa byari mu gishanga bivanywemo.

Urusobe rw’ibinyabuzima byinshi byari byarazimiye mu gishanga rwatangiye kugaruka, ubu hagaragaramo amoko menshi y’inyoni zatangiye kugaruka.

Gahunda y’u Rwanda ni uko ibidukikije bibana neza n’abaturage bikababera uburyo bw’imibereho nabo bakabirinda kugira ngo umusaruro bibaha urambe.

Muri Mutarama, 2024 nibwo gahunda yo gutunganya ibyo bishanga yatangajwe.

Ni ibikorwa byateguriwe ingengo y’imari ya miliyoni $80, ni ukuvuga agera kuri miliyari Frw 101.6.

Ibishanga bizasanwa  biri ku buso bwa hegitari 408, birimo icya Gikondo, icya Rwampara, icya Rugenge-Rwintare, icya Kibumba n’Igishanga cya Nyabugogo.

Buri gishanga kikazajya kigira umwihariko wacyo bitewe n’imiterere y’aho giherereye.

Mu mwaka ushize, hari Miliyoni $32 (angana na miliyari 40 Frw zirengaho gato) yo gutangiza icyiciro cya mbere cy’ibikorwa yari yabonetse.

Juliet Kabera

Umuyobozi wa REMA Juliet Kabera ubwo yatangazaga iby’uyu mushinga yavuze ko ibi bishanga bizasanwa ku buryo bugezweho, bikurwemo ibyatsi bitagenewe kuba mu bishanga, amasoko yazibye aziburwe, hashyirwemo utuyira tw’abanyamaguru n’abatwara amagare, hajyemo aho abantu bashobora kwicara bakaruhuka, ibyatsi byiza byari byarahacitse bigarurwemo hakorwe n’ibindi biberanye nabyo.

Inyoni zishimiye ubuturo bushya
Inzira z’abanyamaguru zamaze gutunganywa
Amazi ari gushyirwa ku ruhande kugira ngo haboneke aho gushyira ibindi bikorwaremezo.
Barakorana umurava ngo baharangize vuba
REMA ishaka ko ibidukikije byo muri Kigali bigirira akamaro abayituye.
Hazatunganywa mu buryo bwa gihanga
Abafundi bari gutunganya iki gishanga cya Gikondo ngo kibe cyujuje ibisabwa.
Abagabo n’abagore barakora ubutitsa ngo gahunda izabe yagezweho
Intego ni ukugira Kigali isa neza
Imashini mu kazi
Barasiza aho bazatera ibyatsi by’ingirakamaro
Kigali irashaka kuba umujyi ukeye nka Singapore

Amafoto: REMA

TAGGED:featuredIgishangaImariIngengoKaberaKigaliUbusitaniUmujyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibisasu Amerika Yarashe Muri Iran Biravugwaho Kudatanga Umusaruro
Next Article U Rwanda Mu Nyigo Yo Kubaka Uruganda Rubyaza Imirasire Amashanyarazi Menshi 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?