Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Guverinoma Igiye Gushyiraho Ibyiciro Bishya Bya Kaminuza Mu Myuga n’Ubumenyingiro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Guverinoma Igiye Gushyiraho Ibyiciro Bishya Bya Kaminuza Mu Myuga n’Ubumenyingiro

Last updated: 22 July 2021 12:13 pm
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yatangaje ko abiga imyuga n’ubumenyingiro bagiye gushyirirwaho ibyiciro byisumbuye bya kaminuza, byiyongera ku gisanzwe gitanga impamyabumenyi y’icyiciro cya mbere cya kaminuza.

Kuri uyu wa Kane Dr. Ngirente yari imbere y’Inteko ishinga amategeko – imitwe yombi – ayigezaho ibikorwa bya Guverinoma byo guteza imbere amashuri yisumbuye n’amakuru y’imyuga n’ubumenyingiro.

Yavuze ko leta yashyize imbaraga mu kwigisha imyuga, ku buryo ubu hari gahunda zitandukanye guhera ku bataragize amahirwe yo kujya mu mashuri yisumbuye, bafashwa kwiga imyuga by’igihe gito.

Hari kandi abarangije icyiciro rusange bafashwa kwiga imyuga mu mashami atandukanye abahesha impamyabumenyi y’amashuri yisumbuye, n’abarangiza amashuri yisumbuye bakiga icyiciro cya mbere cya kaminuza mu mashuri azwi nka IPRC, ahurizwa muri Rwanda Polytechnic.

Dr. Ngirente yavuze ko hakomeje amavugurura azatuma umuntu wahisemo kwiga imyuga aminuza uko abyifuza, aho gusoreza gusa kuri advanced diploma ihabwa abarangije icyiciro cya mbere muri IPRC.

Ati “Aho kugira ngo ahabwe icyo twitaga uyu munsi Advanced Diploma, azajya ahabwa icyo twita Bachelor of Technology (B-Tech), na nyuma yaho bakazajya bagira icyo twita Master of Technology (M-Tech), ndetse abana bagakomeza, bakumva ko gutangira mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro bikuzamura kugeza ku rwego ushaka, kandi kuri buri rwego ukaba ufite umwuga wakora.”

“Aya mavugurura rero ndagira ngo mbabwire ko ari hafi cyane, azashyirwa mu bikorwa mu gihe kidatinze kuko twamaze kuyategura.”

Kugeza ubu mu Rwanda hari amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro 365, n’amashuri makuru y’imyuga n’ubumenyingiro 14.

Mu mwaka ushize yigagamo abanyeshuri 97,440.

Dr Ngirente yavuze ko amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro amaze kugaragaza ko afite agaciro kanini, kuko nko mu mwaka wa 2019, nibura 70% by’abarangije, ni ukuvuga abantu 66099,  babonye akazi mu gihe kitarenze amezi atandatu bakirangiza kwiga.

 

TAGGED:Dr Edouard NgirentefeaturedIPRCMInisitiri w'INtebeRwanda Polytechnic
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa Madagascar Yarusimbutse
Next Article RDF Yakije Umuriro Ku Nyeshyamba Muri Cabo Delgado
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Abatanga Ubutabera Bajye Basura Amahanga Barebe Uko Bigenda-Sosiyete Sivile

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

You Might Also Like

Mu Rwanda

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tchad: Hadutse Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?