Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Guverinoma Irashaka Kubaka Ibigega ‘Byinshi’ Byo Guhunika Ibigori
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Guverinoma Irashaka Kubaka Ibigega ‘Byinshi’ Byo Guhunika Ibigori

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 August 2023 12:36 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

U Rwanda rufite intego yo kubaka ‘ibigega byinshi’ byo kuzahunikamo ibigori kugira ngo rwizigamire ibinyampeke ruzitabaza mu gihe cy’amage.

Hagati aho, Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda ivuga ko hari gahunda yo gutumiza ibindi bigori byo kunganira ibyo u Rwanda ruherutse kweza.

Ibi byatangajwe na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr Ngabitsinze Jean Chrysostôme.

Yabwiye ikigo cy’igihugu cy’’itangazamakuru, RBA, ko mu minsi ishize umusaruro w’ibigori wabaga witezwe wari toni ibihumbi 800 ku mwaka ariko waragabanutse.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Iryo gabanuka ryatumye u Rwanda rushaka ahandi rwakura ibigori kuko ari ingenzi mu mirire y’Abanyarwanda.

Byakozwe mu rwego rwo kuziba icyo cyuho.

Dr. Ngabitsinze ati: “Tugomba guhindura imikorere ku bijyanye n’ibinyampeke cyane cyane ibigori, ububiko bwo burahari ni na bwo bwifashishijwe muri COVID19, ni nabwo bwifashishijwe kugira ngo dutunganye ibiciro ariko tugomba kongera ingano kubera ko iyo urebye umusaruro, dufashe nk’igihembwe cy’ihinga cya 2023  hatajemo ibibazo dushobora kugera kuri toni ibihumbi 800 biburaho gake.”

Mu rwego rwo kugabanya ibyago byo kuzabura ibigori bihagije mu gihe kizaza, Dr. Ngabitsinze Jean Chrysostôme avuga ko ari ngombwa ko hubakwa ibigega byinshi bifite ubushobozi buhagije bwo kuzahunika byinshi.

Avuga ko aka ari akazi bazakorana na Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi.

- Advertisement -

Ibi bivuzwe mu gihe ku isi hari ikibazo cy’ibigori bike cyatewe n’intambara imaze amezi menshi ihanganishije Uburusiya na Ukraine.

Bisanzwe bizwi ko ahari intambara haba hari ibitagenda.

Imihindagurikire y’ikirere yatumye habaho kurumbya muri rusange ariko byibanda cyane cyane ku binyampeke.

Mu rwego rwo kwirinda ‘sinamenye’ u Rwanda rwatangiye gushaka aho rwagura ibigori byo guhunika, hamwe hakaba ari muri Tanzania.

Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda ivuga ko niyo haboneka ibindi bigori nabyo ruzabona aho rubihunika.

Dr. Ngabitsinze yagize ati: “ Twatangiye kuganira n’ibihugu dufitanye umubano nka Tanzania kandi  ku bigori yaduhaye umwihariko. Hari ibyo yaduhaye muri iyi minsi bizanwa n’ikigo cyitwa EAX ndetse na Zambia turi mu biganiro byiza ko na ho twajya tuhavana ibigori ndetse na Zimbabwe ni uko.”

Avuga ko hari ibiganiro u Rwanda ruri kugirana n’amahanga ya kure harimo n’ibihugu by’Uburayi kuko nabyo byeza ibinyampeke byinshi.

Ibyo bihugu birimo icya Serbia.

Imibare yavuye mu ibarura rusange rya 2022 igaragaza ko ingo miliyoni 2,1 zikora ubuhinzi, muri zo izingana na 80% zihinga ibishyimbo na ho 56% zigahinga ibigori.

Ingano zihingwa n’abangana na  2,4%, amasaka ahingwa na 10,8% na ho umuceri uhingwa n’ingo ziri ku ijanisha rya 2,3%.

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare kigaragaza ko mu gihembwe cy’ihinga cya 2023 A, ibigori byahinzwe kuri hegitari 226.982, ingano zahinzwe kuri hegitari 2975 na ho ibishyimbo byahinzwe kuri hegitari 312.279.

Gahunda ya Guverinoma y’u Rwanda ni uko rwaba rufite ibigori byahaza igihugu mu gihe kiri hagati y’umwaka n’imyaka ibiri.

TAGGED:featuredIbigoriImibareNgabitsinze
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Irangamimerere Ryo Kuva Mu 1962 Rigiye Gushyirwa Mu Ikoranabuhanga
Next Article RICTA Igiye Guteza Cyamunara Domain Names 2000
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?