Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Guverinoma Yashyizeho Uburyo Bwo Kurinda Ubuhinzi Kwibasirwa N’Ibiza- PM Ngirente
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Guverinoma Yashyizeho Uburyo Bwo Kurinda Ubuhinzi Kwibasirwa N’Ibiza- PM Ngirente

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 March 2024 12:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe  Dr. Edouard Ngirente yavuze ko mu rwego rwo gufasha urubyiruko rw’u Rwanda gukora ubuhinzi bugamije isoko kandi bwihagije mu biribwa, Guverinoma yashyizeho ingamba zo kuburinda ibyago bitezwa n’ibiza kamere.

Yabivugiye mu nama mpuzamahanga yiga ku iterambere ry’ubuhinzi hagamijwe kwihaza mu biribwa.

Avuga ko ubuhinzi muri Afurika bukwiye gukoresha ubuhanga buboneka mu bihugu by’uyu mugabane kugira ngo habeho uburyo busangiwe bwo kongera umusaruro.

Ibi kandi ngo bizagirwamo uruhare runini n’imikorere y’isoko rusange ry’Afurika.

Avuga ko mu rwego rwo guha uru rwego rw’ubukungu imbaraga, ari ngombwa kurushaho kurushyiramo urubyiruko n’abagore.

Kugira ngo inzara icike muri Afurika ngo ni ngombwa ko ibyo byiciro by’abantu bihabwa umwanya kandi hagashyirwaho uburyo bwo kugabanya ibiteza ibihombo muri uru rwego rw’ubukungu.

Ku byerekeye u Rwanda, Minisitiri w’intebe Dr. Edouard Ngirente avuga ko uru rwego rufatiye runini umusaruro mbumbe.

Abanyarwanda bangana na miliyoni eshatu bakora ubuhinzi mu buryo buhoraho.

Uru rwego rufite uruhare rungana na 27% by’umusaruro mbumbe w’u Rwanda.

Icyakora Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente avuga ko kugira ngo ubuhinzi bugire akamaro  kuri benshi mu babukorera muri Afurika ari ngombwa gukorera hamwe, hatekerezwa ibintu bishya byarinda ibiza bihombya abahinzi no kongera umusaruro.

Muri Nzeri, 2024 u Rwanda ruzakira inama mpuzamahanga ku buhinzi, iyabaye ikaba ari itegura iyo izaba ari ngari kurushaho.

TAGGED:MinisiteriNgirenteUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Asaba Ingabire Victoire Kuzirikana Akamaro K’Imbabazi Yamuhaye
Next Article Kagame Yijeje Perezida Mushya Wa Senegal Gukomeza Imikoranire
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?