Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Guverinoma Yashyizeho Uburyo Bwo Kurinda Ubuhinzi Kwibasirwa N’Ibiza- PM Ngirente
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Guverinoma Yashyizeho Uburyo Bwo Kurinda Ubuhinzi Kwibasirwa N’Ibiza- PM Ngirente

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 March 2024 12:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe  Dr. Edouard Ngirente yavuze ko mu rwego rwo gufasha urubyiruko rw’u Rwanda gukora ubuhinzi bugamije isoko kandi bwihagije mu biribwa, Guverinoma yashyizeho ingamba zo kuburinda ibyago bitezwa n’ibiza kamere.

Yabivugiye mu nama mpuzamahanga yiga ku iterambere ry’ubuhinzi hagamijwe kwihaza mu biribwa.

Avuga ko ubuhinzi muri Afurika bukwiye gukoresha ubuhanga buboneka mu bihugu by’uyu mugabane kugira ngo habeho uburyo busangiwe bwo kongera umusaruro.

Ibi kandi ngo bizagirwamo uruhare runini n’imikorere y’isoko rusange ry’Afurika.

Avuga ko mu rwego rwo guha uru rwego rw’ubukungu imbaraga, ari ngombwa kurushaho kurushyiramo urubyiruko n’abagore.

Kugira ngo inzara icike muri Afurika ngo ni ngombwa ko ibyo byiciro by’abantu bihabwa umwanya kandi hagashyirwaho uburyo bwo kugabanya ibiteza ibihombo muri uru rwego rw’ubukungu.

Ku byerekeye u Rwanda, Minisitiri w’intebe Dr. Edouard Ngirente avuga ko uru rwego rufatiye runini umusaruro mbumbe.

Abanyarwanda bangana na miliyoni eshatu bakora ubuhinzi mu buryo buhoraho.

Uru rwego rufite uruhare rungana na 27% by’umusaruro mbumbe w’u Rwanda.

Icyakora Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente avuga ko kugira ngo ubuhinzi bugire akamaro  kuri benshi mu babukorera muri Afurika ari ngombwa gukorera hamwe, hatekerezwa ibintu bishya byarinda ibiza bihombya abahinzi no kongera umusaruro.

Muri Nzeri, 2024 u Rwanda ruzakira inama mpuzamahanga ku buhinzi, iyabaye ikaba ari itegura iyo izaba ari ngari kurushaho.

TAGGED:MinisiteriNgirenteUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Asaba Ingabire Victoire Kuzirikana Akamaro K’Imbabazi Yamuhaye
Next Article Kagame Yijeje Perezida Mushya Wa Senegal Gukomeza Imikoranire
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abatarahererekanya Ibinyabiziga Babikore Inzira Zikigendwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?