Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Guverinoma Y’u Rwanda Ifite Ihurizo Ryo Gutuma Urubyiruko Rukunda Ubuhinzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Guverinoma Y’u Rwanda Ifite Ihurizo Ryo Gutuma Urubyiruko Rukunda Ubuhinzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 March 2022 10:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe 70% by’Abanyarwanda bakora ubuhinzi, kandi bukagira uruhare rungana na 31% mu musaruro mbumbe w’igihugu, Leta ivuga ko urubyiruko rusa n’urwahariye ubuhinzi abantu bakuru.

Kuba abasore n’inkumi bitabira ubuhinzi bakiri bacye, bituma abantu bakuru babukora batabukora bya kijyambere kuko akenshi baba bamenyereye gukora ubwa gakondo, bukoresha isuka n’isando.

Isuka n’isando ndetse n’ifumbire y’imborera ntibitanga umusaruro watuma umuturage yihaza mu biribwa, akanasagurira isoko ryaba iry’imbere mu gihugu cyangwa iryo hanze yacyo.

Uretse kuba ubuhinzi ngandurarugo bugikorwa mu buryo bwa gakondo, n’ubuhinzi by’ibihingwa ngengabukungu nabwo ntiburatera imbere ku rwego rushimishije.

Usanga mu buhinzi bw’ibihingwa ngengabukungu hibandwa ku ikawam icyayi, ibireti, amagweja, n’imbuto ndetse n’indabo.

Iyo urebye usanga abenshi mu bitabira ubu buhinzi ari abantu bafite cyangwa barengeje imyaka 35 y’amavuko kandi abantu nk’abo akenshi baba batazi imihingire igezweho.

Amaze kubona iki kibazo, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi witwa Dr Jean Chrysostome Ngabitsinze  yasabye urubyiruko kubyara umusaruro amahirwe ari mu buhinzi, bakabwitabira.

Yagize ati: “ Ntihazagire usuzugura ubushobozi bwanyu. Nimukoreshe ikoranabuhanga mu buhinzi, mukore cyane mube intangarugero.”

Dr Ngabitsinzi yabivuze ubwo yatangizaga inama nyunguranabitekerezo yahuje urubyiruko ruharanira guteza imbere ubuhinzi yateguwe ku bufatanye na AGRA-Alliance.

Muri ibi biganiro, ababyitabiriye barebeye hamwe uko bakorana kugira ngo urwego rw’ubuhinzi rwongerwemo imbaraga, bigizwemo uruhare n’urubyiruko kuko ari narwo rugize umubare munini w’Abanyarwanda.

Icyakora hari umukozi wo mu rwego mpuzamahanga ruharanira iterambere ry’ubuhinzi witwa Adam Gerstenmier wavuze ko muri rusange u Rwanda rukwiye gushimirwa intambwe  rwateye mu buhinzi n’ubwo hakiri byinshi byo gukora.

Uyu mugabo akora mu ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku biribwa(WFP) akaba yari arihagarariye mu kitwa The 2021 Food Systems Summit.

TAGGED:featuredIbiretiIcyayiIkawaNgabitsinzeRwandaUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article I Nyanza Naho Hafatiwe Umuntu Ukurikiranyweho Gukora Amafaranga
Next Article Minisitiri W’Ingabo Z’u Burusiya Ntakiboneka Mu Ruhame, Bikekwa Ko Afunzwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?