Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Guverinoma Y’u Rwanda Irashaka Kongera Aho Ihunika Lisansi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Guverinoma Y’u Rwanda Irashaka Kongera Aho Ihunika Lisansi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 March 2025 3:14 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo kwihaza kuri Lisansi na Petelori, Leta y’u Rwanda irashaka kubaka ibigega byinshi bishobora kubika Litiro miliyoni 334 mu gihe ibyari bisanzweho byabikaga Litiro miliyoni 66.4 zonyine.

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Imari muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, Godfrey Kabera niwe watangaje ibi, akemeza ko bizakorwa mu kwirinda kuzabira ibi bisukika by’ingengi mu bucuruzi.

Ati: “Ibigega byo kuzigama ibikomoka kuri peteroli dufite ubu mu gihugu, bifite ubushobozi bwo kuzigama ibikomoka kuri peteroli byakoreshwa mu gihe cy’ukwezi kumwe gusa, bingana na litiro Miliyoni 66.4”.

Yemeza ko ahanini ikibazo cy’ubushobozi buke bwo kuzigama ibikomoka kuri peteroli giterwa n’ububiko n’ibigega bidahagije.

Intego yarwo ni ukureba uko litiro zihunikwa zakwiyongera.

Asobanura iby’uyu mushinga w’itegeko rihindura Itegeko no 36/2015 ryo ku wa 30/06/2015, rikanashyiraho amahoro kuri lisansi na mazutu agenewe gushyiraho ibigega bizigama ibikomoka kuri peteroli, Kabera avuga ko rigamije gutera inkunga ibikorwa byo kwagura ibigega bizigama ibikomoka kuri Peteroli.

Hagati aho igipimo cy’amahoro kuri lisansi na mazutu cyarazamuwe kivanwa ku Frw 32.73 gishyirwa Frw 50 kuri litiro, nk’uko biri mu ngingo ya mbere y’iri tegeko.

Minisitiri Kabera avuga ko ibigega biteganywa kubakwa ahagenwe ubutaka i Rusororo kandi bikazubakwa ahantu hadatuwe n’abaturage, kugira ngo bitazababangamira ndetse bikaba byabagiraho ingaruka.

Nta mubare w’ibigega bizubakwa yavuze ndetse n’ingengo y’imari bizatwara.

Minisitiri Kabera yavuze ko biteganyijwe ko izi mpinduka zizagira ingaruka nke ku biciro bya lisansi na mazutu, aho biziyongeraho Frw 18 gusa kuri litiro.

Yemeza ko izi mpinduka zizatuma haboneka amafaranga y’inyongera, angana na Miliyari Frw 5 buri mwaka.

Ati: “Izi ngaruka zishobora kuzarangira mu gihe ibiciro bya peteroli ku Isi byakomeza kugabanuka”.

Minisitiri Kabera yavuze ko ibigega Leta ifite byose bikora, ibidakora hazasuzumwa impamvu yabyo.

TAGGED:featuredIbigegaIgenamigambiImariKaberaMinisitiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uwayoboraga MTN Rwanda Yasimbujwe
Next Article Muhoozi Yateye Igiti Mu Ishuri Rikuru Rya Gisirikare Ry’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?