Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Guverinoma Y’u Rwanda Iti: HCR Irabeshya!
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Guverinoma Y’u Rwanda Iti: HCR Irabeshya!

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 June 2024 9:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ibyo Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryatangaje by’uko rutubahiriza uburenganzira bwa muntu bw’abarugana barushakamo ubuhungiro ari ibinyoma.

Iri shami riherutse kugeza ku rukiko rukuru rw’Ubwongereza ibyo ryise ibirego bishya riri gukoraho iperereza by’uko u Rwanda hari abaruhungiyeho rubima ubwo burenganzira.

Ibi ariko Guverinoma y’u Rwanda, mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatatu, yavuze ko ari ibinyoma HCR yahimbahimbye kandi ngo si ubwa mbere ibikoze.

U Rwanda ruvuga ko bitangaje kuba iri shami rya UN rivuga ibi kandi risanzwe rikorana narwo mu kuruzanamo abimukira bava cyangwa bavuye muri Libya mu bihe byatambutse.

Ruvuga kandi ko iyo HCR ivuga ibi iba ishaka kugaruka ku biherutse kuba ubwo rwangaga kwakira umuntu HCR ishami rya Afurika y’Epfo ryarwoherereje kandi ritabanje kubiruganirizaho.

Uwo yari umwimukira wimwe ubuhungiro muri Seychelles.

Izindi ngero Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko HCR yabeshyemo  ni izerekeye Abarundi u Rwanda rwangiye ko barugumamo kuko bari barugezemo mu buryo budakurikije amategeko.

Ntabwo bari impunzi cyangwa abimukira nk’uko Guverinoma y’u Rwanda ibyemeza.

Kuba u Rwanda rusanzwe rufite Abarundi rucumbikiye baruhungiyemo bakaba barumazemo igihe kirekire, byerekana ko rwakira impunzi n’abandi bari mu kaga baje barugana.

Itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda ryemeza ko rutigizayo abaje barusanga ahubwo iyo bujuje ibisabwa bakirwa neza.

U Rwanda kandi ruvuga ko, uko bigaragara, HCR igamije kurusiga icyasha ivuga ko rudatekanye, ikabikora igamije kurwananisha n’Ubwongereza.

TAGGED:featuredGuverinomaHCRRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article NTIBISANZWE: Yasabye Ubuyobozi Kumwishyuriza Uwamuhaye ‘Ikiraka’ Cyo Kwica Umuntu
Next Article Tshisekedi Yategetse Ko Ingabo Ze Zomeka U Rwanda Kuri DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kinshasa Irasaba AFC/M23 Gufungura Ikibuga Cy’Indege Cya Goma Byihuse

U Rwanda Rwatangije Irushanwa Rizajya Rihuza Za Kaminuza Muri Siporo

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Afurika Y’Epfo: Abantu 11 Biciwe Mu Kivunge

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi W’Ikigega Cy’Isi Cy’Imari 

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

You Might Also Like

Mu mahanga

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?