Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hagiye Kwigwa Uko Palestine Yashyirwa Muri UN
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Hagiye Kwigwa Uko Palestine Yashyirwa Muri UN

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 April 2024 3:22 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ku isi kagiye kwicara gasuzume niba ibisabwa byose byuzuye ngo Palestine yamererwe kuba umunyamuryango uhoraho w’Umuryango w’Abibumbye.

Ni icyemezo gishyigikiwe cyane na Palestine n’inshuti zayo z’Abarabu ariko kitashimishije na gato Israel n’inshuti zayo.

Biteganyijwe ko bizagera taliki 22, Mata, 2024 haratangajwe niba Palestine yemerewe koko kuba umunyamuryango cyangwa byaranze.

Kugeza ubu Palestine yari umunyamuryango w’indorerezi mu Muryango w’Abibumbye, ariko yizeye ko wenda yazemererwa kuba umunyamuryango nk’ibindi bihugu byose bigize UN.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Icyizere igishingira ku ngingo y’uko amahanga muri iki gihe ayifitiye imbabazi kubera ibitero yagabweho na Israel mu guhashya Hamas.

Ambasaderi wa Israel mu Muryango w’Abibumbye witwa Gilad Erdan yamaganye yivuye nyuma isuzumwa ry’uyu mushinga wa Palestine.

Gilad Erdan

Erdan avuga ko gushyigikira ko Palestine iba umunyamuryango uhoraho w’Umuryango w’Abibumbye ntaho bitaniye no guha ishingiro ibitero Hamas yagabye kuri Israel taliki 07, Ukwakira, 2024.

Mu kwemeza niba Palestine ari cyangwa atari umunyamuryango wa UN, hagomba kubanza guterana mu muhezo abahagarariye ibihugu bigize Akanama gashinzwe amahoro ku isi, hanyuma ikizavamo kizaganirirwa mu nteko yagutse kurushaho kugira ngo hagire icyemezwa gitangarizwe amahanga.

Nibiramuka byemejwe ko Palestine ibaye umunyamuryango, bizamenyeshwa Inteko rusange bitorerwe hanyuma nihatorwa Yego ku bwiganze, hazabone kwemezwa ko iki gihugu kibaye ikinyamuryango wa UN mu buryo budasubirwaho.

- Advertisement -

Kwemera ko Palestine ari igihugu kinyamuryango wa UN bizaba bivuze ko ari igihugu cyemewe mu ruhando mpuzamahanga gikwiye kubaho gituranye na Israel.

N’ubwo nigitorwa ari uko bizaba bimeze, ku rundi ruhande, bizagorana ko bishoboka kubera ko Israel na Amerika bitaremeranya mu buryo budasubirwaho ko Palestine na Israel byaba ibihugu bibiri bibangikanye kandi byigenga.

Ikindi gikomeye ni uko hari itegeko ryasinywe n’Amerika ubwayo rivuga ko umunsi UN yatoye ko Palestine ari igihugu kigenga, Amerika izahita ihagarika inkunga yashyiraga mu kigega cya UN.

Mu mwaka wa 2011 Palestine nabwo yangiwe kujya muri UN bikozwe n’Amerika.

Amerika kandi yangiye Vietnam ko yinjira muri uyu Muryango mu mwaka wa 1976.

Uko bimeze kose, ubutegetsi bwa Joe Biden buzagira uruhare runini mu iyemeza cyangwa ihakana ry’iyo dosiye ya Palestine.

TAGGED:AmerikafeaturedIgihuguLetaPalestine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amb Bazivamo Yavuze Ku Ntandaro Ya Jenoside Yakorewe Abatutsi
Next Article Dosiye Y’Abimukira Yongeye Kuganirwaho Hagati Ya Kagame Na Sunak
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?