Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hagiye Kwigwa Uko Palestine Yashyirwa Muri UN
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Hagiye Kwigwa Uko Palestine Yashyirwa Muri UN

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 April 2024 3:22 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ku isi kagiye kwicara gasuzume niba ibisabwa byose byuzuye ngo Palestine yamererwe kuba umunyamuryango uhoraho w’Umuryango w’Abibumbye.

Ni icyemezo gishyigikiwe cyane na Palestine n’inshuti zayo z’Abarabu ariko kitashimishije na gato Israel n’inshuti zayo.

Biteganyijwe ko bizagera taliki 22, Mata, 2024 haratangajwe niba Palestine yemerewe koko kuba umunyamuryango cyangwa byaranze.

Kugeza ubu Palestine yari umunyamuryango w’indorerezi mu Muryango w’Abibumbye, ariko yizeye ko wenda yazemererwa kuba umunyamuryango nk’ibindi bihugu byose bigize UN.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Icyizere igishingira ku ngingo y’uko amahanga muri iki gihe ayifitiye imbabazi kubera ibitero yagabweho na Israel mu guhashya Hamas.

Ambasaderi wa Israel mu Muryango w’Abibumbye witwa Gilad Erdan yamaganye yivuye nyuma isuzumwa ry’uyu mushinga wa Palestine.

Gilad Erdan

Erdan avuga ko gushyigikira ko Palestine iba umunyamuryango uhoraho w’Umuryango w’Abibumbye ntaho bitaniye no guha ishingiro ibitero Hamas yagabye kuri Israel taliki 07, Ukwakira, 2024.

Mu kwemeza niba Palestine ari cyangwa atari umunyamuryango wa UN, hagomba kubanza guterana mu muhezo abahagarariye ibihugu bigize Akanama gashinzwe amahoro ku isi, hanyuma ikizavamo kizaganirirwa mu nteko yagutse kurushaho kugira ngo hagire icyemezwa gitangarizwe amahanga.

Nibiramuka byemejwe ko Palestine ibaye umunyamuryango, bizamenyeshwa Inteko rusange bitorerwe hanyuma nihatorwa Yego ku bwiganze, hazabone kwemezwa ko iki gihugu kibaye ikinyamuryango wa UN mu buryo budasubirwaho.

- Advertisement -

Kwemera ko Palestine ari igihugu kinyamuryango wa UN bizaba bivuze ko ari igihugu cyemewe mu ruhando mpuzamahanga gikwiye kubaho gituranye na Israel.

N’ubwo nigitorwa ari uko bizaba bimeze, ku rundi ruhande, bizagorana ko bishoboka kubera ko Israel na Amerika bitaremeranya mu buryo budasubirwaho ko Palestine na Israel byaba ibihugu bibiri bibangikanye kandi byigenga.

Ikindi gikomeye ni uko hari itegeko ryasinywe n’Amerika ubwayo rivuga ko umunsi UN yatoye ko Palestine ari igihugu kigenga, Amerika izahita ihagarika inkunga yashyiraga mu kigega cya UN.

Mu mwaka wa 2011 Palestine nabwo yangiwe kujya muri UN bikozwe n’Amerika.

Amerika kandi yangiye Vietnam ko yinjira muri uyu Muryango mu mwaka wa 1976.

Uko bimeze kose, ubutegetsi bwa Joe Biden buzagira uruhare runini mu iyemeza cyangwa ihakana ry’iyo dosiye ya Palestine.

TAGGED:AmerikafeaturedIgihuguLetaPalestine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amb Bazivamo Yavuze Ku Ntandaro Ya Jenoside Yakorewe Abatutsi
Next Article Dosiye Y’Abimukira Yongeye Kuganirwaho Hagati Ya Kagame Na Sunak
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Gasabo: Hafashwe Abanigaga Abantu Bakabambura

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

UN N’u Rwanda Mu Bufatanye Bufite Agaciro Ka Miliyari $1

Nduhungirehe Mu Nama Ihuza Afurika N’Uburayi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Hagiye Kongera Kwibukwa Imiryango Y’Abatutsi Yazimye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kamerthe Ntashira Amakenga Iby’Amasezerano Y’Amahoro Ya DRC N’u Rwanda 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Zahabu Igiye Kuba Indi Mari Ibitswe Muri BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ese Elon Musk Yavanywe Mu Nkoramutima Za Trump?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?