Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 August 2025 3:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Malaria yibasira abana kurusha abantu bakuru cyane cyane muri Afurika.
SHARE

Ikigo Nyafurika gishinzwe kurwanya indwara, Africa CDC, cyemeje ko impinja zifite munsi y’ibilo bitanu zizajya zihabwa umuti wa malaria witwa artemether-lumefantrin.

Igeragezwa ry’uyu muti ryakorewe mu bihugu umunani by’Afurika ryagaragaje ko umwana wahawe uriya muti akira iriya ndwara bityo ko ukoreshejwe no mu bana b’ahandi byakora.

Mbere nta muti nk’uwo wabagaho ku bana bari muri iki kigero ahubwo bahabwaga imiti y’abana bigiye hejuru, bigakorwa by’amaburakindi.

Ni uburyo rimwe na rimwe bwateraga abana ibibazo byo kuba bahabwa umuti mwinshi cyangwa muke.

Abana bahabwa umuti uvangwa n’amashereka, ukabamo utuntu duhumura kandi turyohereye ku buryo abana batawucira bawutewe n’uko urura.

Uwo muti wakozwe k’ubufatanye bw’ikigo Novartis n’ikigo Medicines for Malaria Venture (MMV) k’ubugenzuzi bw’Ikigo PAMAfrica consortium.

Ibihugu byakorewemo ririya gerageza ni Burkina Faso, Côte d’Ivoire, Kenya, Malawi, Mozambique, Nigeria, Tanzania na Uganda.

Abagenzuzi mu by’imiti bo mu Busuwisi nibo babaye aba mbere mu kwemeza ko iyo miti iboneye ariko byitezwe ko n’ibindi bigo byo mu bihugu byavuzwe haruguru bizihutira kuwemeza.

Mu buryo bwo gutanga ubufasha ku bana, biteganyijwe ko ikigo Novartis kizagira uruhare mu guha abana uriya muti k’ubuntu.

Imibare ivuga ko abana miliyoni 30 bavukira mu bihugu bigaragaramo malaria byiganje muri Afurika yo Munsi y’Ubutayu.

Umuyobozi wa Africa CDC witwa Dr. Jean Kaseya avuga ko uriya muti ari ingenzi mu gutuma abana bo muri Afurika bagira ubuzima bwiza.

Iki kigo kivuga ko kizakorana n’ibigo byo mu bihugu birebwa na buriya bufasha kugira ngo byinjize uriya muti muyo bisanzwe bitanga.

Malaria ni indwara yica cyane abana n’abagore batwite bo mu bihugu byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Iterwa n’agakoko bita plasmodium gaterwa n’umubu bita anopheles ukunze kugaragara mu bihugu bigira ubushyuhe bwinshi mu bihe biranga ikirere cyabwo.

TAGGED:AbanaAfurikafeaturedMalariaUmuti
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga
Next Article Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?