Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hamas Irashinjwa Kongera Kurasa Muri Israel 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Hamas Irashinjwa Kongera Kurasa Muri Israel 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 May 2024 6:57 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ingabo za Israel zirashinja Hamas kungera kurasa ku butaka bwayo hagakomereka abantu 10 kandi ngo hari abakomeretse cyane.

Ibyo ingabo za Israel bishobora kuza gusubiza irudubi imishyikirano y’amahoro yakorwaga hagati ya Hamas na Israel iyobowe na Qatar na Misiri.

Itangazamakuru ryo muri Israel rivuga ko ibisasu bya rockets bya Hamas byaguye ahirwa Kerem Shalom, aha hakaba ari hafi y’umupaka na Gaza ahacishwaga imfashanyo yajyanwaga muri Gaza ahahungiye abanya Palestine benshi.

Israel yahise yanzura ko iyo nzira nayo ihita ifungwa.

Imishyikirano y’amahoro yari igeze kure hagati ya Hamas na Israel ku bwunzi bwa Misiri.

Ku ruhande rwa Israel yo ivuga ko itazemera ibyo Hamas isaba.

Minisitiri w’intebe wa Israel Netanyahu yavuze ko uko byagenda kose Israel izivuna Hamas ndetse ngo igitero kuri Rafah kiri hafi gutangira.

Rafah ni agace Israel ivuga ko izagabaho igitero kugira ngo irimbure burundu Hamas.

Inshuti za Israel ari zo Amerika zarakomakomye ngo Israel ireke uwo mugambi ariko yo yanze kubyumva.

Amakuru aherutse gutangazwa na The Jerusalem Post avuga ko abo mu miryango y’abantu Hamas yashimuse basabye Netanyahu kutazatega amatwi abamusaba kumva ibyo kudatera Rafah.

Ingabo za Israel zivuga ko biriya bisasu byarasiwe nko mu bilometero nk’ibilometero 3.6.

Israel ivuga ko Hamas yacunze abantu bahugiye mu biganiro byitwa ko ari iby’amahoro ibona kurasa mu gihugu.

Nyuma yo kubona ko irashweho, Israel yahise yohereje indege za gisirikare zirasa aho biriya bisasu byarasiwe.

Intambara hagati ya Israel na Hamas irabura amezi make ngo yuzuze umwaka.

Hamas mu Ukwakira, 2023 taliki 07, yagabye igitero muri Israel gitunguranye kica abantu 12,000 abandi 250 batwarwa bunyago.

Kuva icyo gihe kugeza ubu intambara imaze guhitana 34,600 kandi abandi 77,900 barakomereka.

TAGGED:featuredHamasIgiteroIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abikorera Barasabwa Kumenya Amabwiriza Y’Ubuziranenge Agenga Uburinganire
Next Article Nyabihu: Haravugwa Umusoro Udasanzwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?