Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hamas Irashinjwa Kongera Kurasa Muri Israel 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Hamas Irashinjwa Kongera Kurasa Muri Israel 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 May 2024 6:57 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ingabo za Israel zirashinja Hamas kungera kurasa ku butaka bwayo hagakomereka abantu 10 kandi ngo hari abakomeretse cyane.

Ibyo ingabo za Israel bishobora kuza gusubiza irudubi imishyikirano y’amahoro yakorwaga hagati ya Hamas na Israel iyobowe na Qatar na Misiri.

Itangazamakuru ryo muri Israel rivuga ko ibisasu bya rockets bya Hamas byaguye ahirwa Kerem Shalom, aha hakaba ari hafi y’umupaka na Gaza ahacishwaga imfashanyo yajyanwaga muri Gaza ahahungiye abanya Palestine benshi.

Israel yahise yanzura ko iyo nzira nayo ihita ifungwa.

Imishyikirano y’amahoro yari igeze kure hagati ya Hamas na Israel ku bwunzi bwa Misiri.

Ku ruhande rwa Israel yo ivuga ko itazemera ibyo Hamas isaba.

Minisitiri w’intebe wa Israel Netanyahu yavuze ko uko byagenda kose Israel izivuna Hamas ndetse ngo igitero kuri Rafah kiri hafi gutangira.

Rafah ni agace Israel ivuga ko izagabaho igitero kugira ngo irimbure burundu Hamas.

Inshuti za Israel ari zo Amerika zarakomakomye ngo Israel ireke uwo mugambi ariko yo yanze kubyumva.

Amakuru aherutse gutangazwa na The Jerusalem Post avuga ko abo mu miryango y’abantu Hamas yashimuse basabye Netanyahu kutazatega amatwi abamusaba kumva ibyo kudatera Rafah.

Ingabo za Israel zivuga ko biriya bisasu byarasiwe nko mu bilometero nk’ibilometero 3.6.

Israel ivuga ko Hamas yacunze abantu bahugiye mu biganiro byitwa ko ari iby’amahoro ibona kurasa mu gihugu.

Nyuma yo kubona ko irashweho, Israel yahise yohereje indege za gisirikare zirasa aho biriya bisasu byarasiwe.

Intambara hagati ya Israel na Hamas irabura amezi make ngo yuzuze umwaka.

Hamas mu Ukwakira, 2023 taliki 07, yagabye igitero muri Israel gitunguranye kica abantu 12,000 abandi 250 batwarwa bunyago.

Kuva icyo gihe kugeza ubu intambara imaze guhitana 34,600 kandi abandi 77,900 barakomereka.

TAGGED:featuredHamasIgiteroIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abikorera Barasabwa Kumenya Amabwiriza Y’Ubuziranenge Agenga Uburinganire
Next Article Nyabihu: Haravugwa Umusoro Udasanzwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?