Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hamas Yavuze Ko Abo Yabonye Bose Yabashyikirije Israel
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Hamas Yavuze Ko Abo Yabonye Bose Yabashyikirije Israel

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 October 2025 11:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ishami rya gisirikare rya Hamas ryitwa Qassam Brigades ryatangaje ko imirambo yose y’abaturage ba Israel ryashoboye kubona ryarangije kuyiha Israel, ikintu gishobora gukoma mu nkokora umugambi w’amahoro hagati yayo na Israel.

Bishobora kuba bityo kuko hakiri abandi bantu uyu mutwe utarabona kandi Israel ivuga ko nabo bakwiye gucyurwa mu gihugu iwabo.

Hamas ivuga ko abantu yagejeje kuri Israel ari abo yashoboye kubona imirambo yabo iyivanye mu bisimu byayigwiriye.

Itangazo rya Hamas rivuga ko yakoze uko yari ishoboye isubiza Israel imirambo ikubiyemo iy’abantu bayo.

Ibika bigize amasezerano yo guhagarika intambara bivuga ko buri ruhande rugomba guha urundi imirambo cyangwa imfungwa zose bikaba uburyo bubanziriza ishyirwa mu bikorwa ryeruye ry’ibindi byiciro by’ayo masezerano.

Kugeza ubu Hamas imaze gusubiza Israel imirambo icumi, The New York Times ikavuga ko umwe ari uwo muri Nepal.

Hari abantu 20 bazima bashyigikijwe iki gihugu.

The New York Times kandi yanditse ko Israel ntacyo iratangaza ku itangazo rya Hamas kuri iyo ngingo.

Intambara hagati ya Hamas na Israel imaze imyaka ibiri n’iminsi mike, ikaba yarasize Gaza ihindutse umusaka.

The Jerusalem Post yanditse ko Hamas iherutse gutangaza ko kubona indi mirambo y’abaturage ba Israel bizafata igihe, gusa ngo Hamas ivuga ko yiyemeje kuzakurikiza ibiri mu masezerano.

TAGGED:featuredHamasImiramboIntambaraIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kenya: Batatu Mu Baje Gusezera Kuri Odinga Barasiwe Kuri Stade
Next Article PM Nsengiyumva Asaba Abarangiza Kaminuza Kutazabera Igihugu Impfabusa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

You Might Also Like

Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwifatanyije Na Algeria Kwizihiza Isabukuru Y’Ubwigenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?