Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hamwe Aba DASSO Barwana N’Abaturage, Ahandi Bakabubakira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Hamwe Aba DASSO Barwana N’Abaturage, Ahandi Bakabubakira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 October 2021 4:44 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu minsi ishize hari amashusho yagaragaye ku  mbuga nkoranyambaga abaturage barwana n’abakozi Urwego rushinzwe gufasha mu gucunga umutekano mu Karere( DASSO). George Safari wo mu Karere ka Nyagatare ubu ari mu nkiko nyuma y’amashusho yamwerekanye yanize umwe mu ba DASSO. Muri Kicukiro ho aba DASSO bavuga ko babanye neza n’abaturage.

Ku byerekeye Safari mu rukiko yavuze ko yabikoze ‘yirwanaho’ kuko ngo umu DASSO nawe yari amumereye nabi.

Muri Mutarama, 2021 mu Murenge wa Mutuntu hari undi mu DASSO witwa Florence Muhimpundu bivugwa ko yanize Nyina amusaba kumuzingura ngo abone urubyaro.

Icyo gihe uyu mukozi w’Urwego rushinzwe gufasha mu gucunga umutekano ku Karere( DASSO) yari atuye mu Mudugudu wa Rugogo, Akagari ka Byogo, Umurenge wa Mutuntu mu Karere ka Karongi.

Mu murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’uyu murenge witwa Sebashotsi nawe yajyanywe mu nkiko akurikiranyweho gufatanya n’aba DASSO bagakubitira umukobwa mu muhanda yicaye hasi.

Abaturage bashungereye Gitifu na DASSO bakubitira umuturage mu muhanda

Mu Murenge wa Kicukiro mu Karere  ka Kicukiro n’aho haherutse kugaragara umuturage wakururaga hasi umu DASSO kubera impamvu zitaramenyekana.

Izi ni ingero nke zerekana ko hari ubwo abaturage  batumvikana n’abakozi b’Urwego rushinzwe gufasha mu gucunga umutekano ku Karere( DASSO), bikaba byateza imidugararo irimo no gukubita no gukomeretsa kandi ibi bihanwa n’amategeko.

Icyo bamwe mu baturage batazi ni uko hari itegeko rivuga ko kizira gukubita cyangwa gusagarira umuyobozi mu nzego za Leta.

Ingingo ya 234 y’amategeko ahana mu Rwanda ivuga ko umuntu wese usagariye umuyobozi ukora mu rwego rw’Inteko ishinga amategeko, umuyobozi mu bagize Guverinoma, umukozi mu rwego rw’umutekano cyangwa undi wese uri mu gushyira mu bikorwa inshingano ahabwa n’urwego akorera, aba akoze icyaha.

Iyo agihamijwe n’urukiko, ashobora gukatirwa igifungo kitari mu nsi y’imyaka itatu ariko kitarengeje imyaka itanu.

Iyo uwakorewe icyo cyaha byamuviriyemo gukomereka, ugihamijwe ahabwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu ariko kitarengeje imyaka irindwi.

Iyo bigaragaye ko uwakoze kiriya cyaha yari yabanje kugitegura binyuze mu gutega igico uwagikorewe, igifungo ahabwa ntikijya munsi y’imyaka irindwi ariko nanone ntikirenza imyaka 10.

Iyo noneho bigaragaye ko umugambi mu gukora kiriya cyaha wari uwo kwica uwagikorewe, igifungo kiba icya burundu.

Muri Kicukiro bavuga ko babanye neza n’abaturage…

DASSO yo muri Kicukiro

Abakozi b’Urwego rushinzwe gufasha mu gucunga umutekano ku Karere( DASSO) mu Karere ka Kicukiro bo bemeza ko babanye neza n’abaturage kandi ko buri mwaka baha ubufasha bamwe muri bo batishoboye.

Bavuga ko umubano wabo n’abaturage ari mwiza ndetse ko n’ikimenyimenyi ari uko babaremera muri mwaka.

Samuel Niragire uyobora aba DASSO muri kariya karere avuga ko akazi kabo kabasaba kumenya gushyira mu gaciro, bakamenya gucunga umutekano no gufata abawuhungabanya ariko ntibibagirwe gufasha abaturage batishoboye.

Avuga ko we na bagenzi be( aba DASSO ba Kicukiro) bicara bagakusanya amafaranga yo kuzaremera umuntu.

Hari amafaranga buri wese yiyemeza gushyira ku ruhande, akazakusanyirizwa hamwe n’aya bagenzi be yagwira bakareba icyo bafasha abatishoboye.

Bavuga ko bagerageza kubana neza n’abaturage

Aba DASSO 87 bo mu Karere ka Kicukiro bafite miliyoni 8Frw mu kigega cyabo ashobora kubafasha hagati yabo cyangwa gufasha undi Munyarwanda bemeranyijweho ko akeneye ubufasha.

Amafaranga bakusanyije yatumye bubakira inzu umugore wo mu Mudugudu wa Nyabyunyu, Akagari ka Karama  mu Murenge wa Kanombe.

Uyu mugore witwa Judith Bihoyiki asanzwe afite uburwayi bwo mu mutwe, akaba yarabaga mu nzu iva, kandi y’icyumba kimwe.

Bamusigiye n’ibiribwa bizamufasha mu minsi iri imbere.

Nyuma yo gutaha inzu bubakiye Bihoyiki, hakurikiyeho guha abana b’abanyeshuri bo mu miryango itifashije kurusha indi ibikoresho by’ishuri birimo amakayi, amakaramu, ibikapu byo mu mugongo n’udukoresho two kwisukura tw’abakobwa.

Samuel Niragire uyobora DASSO muri Kicukiro

Ni ibikoresho bizagira akamaro muri iki gihe amashuri ari gutangira.

Abana 44 nibo bahawe buriya bufasha.

Nyuma yo guha abana ibikoresho by’ishuri, aba DASSO ba Kicukiro bahaye Frw 50 000 bamwe mu bagore bahoze bacuruza udutaro ubu bimukiye mu isoko rya Kicukiro kugira ngo abunganire mu kuzamura ubucuruzi bwabo.

Abagore 20 nibo bahawe  Frw 50 000, buri muntu.

TAGGED:AbaturageDASSOfeaturedKicukiroNyagatareSafari
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umujyi wa Kigali Ugiye Kuvugurura Uduce Tune Tw’Akajagari
Next Article Impamvu Zatumye Igiciro Cya Lisansi Mu Rwada Kizamuka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?