Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Harateganywa Ko Abakoze Jenoside Bajya Batanga Ubuhamya, IBUKA Iti: Byitonderwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Harateganywa Ko Abakoze Jenoside Bajya Batanga Ubuhamya, IBUKA Iti: Byitonderwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 April 2024 3:42 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida w’Urukiko rw’Ubujurire François Régis Rukundakuvuga avuga ko mu bihe biri imbere, ubuhamya bw’abarokotse Jenoside bwazajya bwuzuzwa n’ubw’abayigizemo uruhare cyangwa abandi babibonaga.

Ku rundi ruhande, Perezida wa IBUKA Dr. Philibert Gakwenzire yabwiye Taarifa ko iyo gahunda igomba kuzitonderwa kugira ngo itazagira abo isubiza inyuma.

Iby’uko abahamwe na Jenoside bakayihanirwa bazajya batanga ubuhamya, Rukundakuvuga yabitangarije ku rwibutso rwa Jenoside rwa Musanze, rwubatse ahahoze Urukiko rw’Ubujurire rwa Ruhengeri (Cour d’Appel Ruhengeri), hakaba hari taliki 15, Mata, 2024.

Rushyinguwemo Abatutsi 800 bazize Jenoside yabakorewe mu mwaka wa 1994.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kigali Today ivuga ko François Régis Rukundakuvuga yahavugiye ko n’abagize uruhare muri Jenoside bazajya batanga ubuhamya kugira ngo bwuzuze ububa bwaratanzwe n’abarokotse Jenoside.

Ati: “Birakwiye ko ubu buhamya bw’abacitse ku icumu butangira kujya bwuzuzwa n’ubw’abayigizemo uruhare cyangwa se ababirebaga bifuza gutanga umusanzu wabo, bongera amakuru y’ibyabaye muri Jenoside, bikamenyekana kurushaho”.

Mu minsi iri mbere hateganyijwe ko hari abakoze Jenoside bazarekurwa barangije igihano. Abo ngo nibo bitaganyijwe ko bazajya batanga ubwo buhamya.

IBUKA  isaba ko byakwitonderwa

Philbert Gakwenzire uyobora IBUKA yabwiye Taarifa Rwanda ko iyo gahunda niba koko ihari, ikwiye kwitonderwa kubera ko yatoneka abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bari bamaze kwiyubaka.

- Advertisement -

Avuga ko niba bikiri umushinga wa Politiki, wazaganirwaho kugira ngo uhabwe umurongo ariko ngo si ibyo gupfa gukorwa.

Ku rundi ruhande, Gakwenzire avuga ko ubuhamya bw’abakoze Jenoside bwajya butangwa n’abantu batoranyijwe kandi ntibutangirwe ku karubanda.

Atanga igitekerezo cy’uko ubuhamya nk’ubwo bwaba umwihariko ku bashakashatsi kugira ngo babwandike ariko ntibutangirwe mu ruhame.

Tugarutse ku butumwa Rukundakuvuga yatangiye ku rwibutso rwa Musanze,  yavuze ko biteye isoni kuba ingoro y’ubutabera yariciwemo abantu kandi isanzwe ari ahantu hatangirwa ubutabere.

Avuga ko mu rwego rwo gusubiza agaciro abiciwe ahantu nk’aho, hazigwa niba urwo rwibutso rutahabwa umwihariko.

Ati: “Ubwo ariko tubiharire ubuyobozi bw’Intara n’Ubuyobozi bw’Akarere, bazabitekerezeho nibasanga bishoboka bakore ku buryo bishyirwa mu bikorwa.”

Muri Jenoside yakorewe Abatutsi nta hantu baticiwe.

Hari insengero na Kiliziya zagizwe inzibutso, ibigo by’amashuri, iby’abihayimana, za Kaminuza, n’ahandi hose Abatutsi bahungiye barahiciwe.

Ibi biri mu byatumye igira ubukana bukomeye, ihitana Abatutsi 1,000,000 mu mezi atatu gusa.

TAGGED:AbanyamakurufeaturedKiliziyaMusanzeRukundakuvuga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyeshuri Muri Kaminuza Za Amerika Mu Myigaragambyo Yamagana Israel
Next Article Umunyamakuru Wa Inyarwanda ‘Yarabuze’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?