Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Harateganywa Ko Abakoze Jenoside Bajya Batanga Ubuhamya, IBUKA Iti: Byitonderwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Harateganywa Ko Abakoze Jenoside Bajya Batanga Ubuhamya, IBUKA Iti: Byitonderwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 April 2024 3:42 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida w’Urukiko rw’Ubujurire François Régis Rukundakuvuga avuga ko mu bihe biri imbere, ubuhamya bw’abarokotse Jenoside bwazajya bwuzuzwa n’ubw’abayigizemo uruhare cyangwa abandi babibonaga.

Ku rundi ruhande, Perezida wa IBUKA Dr. Philibert Gakwenzire yabwiye Taarifa ko iyo gahunda igomba kuzitonderwa kugira ngo itazagira abo isubiza inyuma.

Iby’uko abahamwe na Jenoside bakayihanirwa bazajya batanga ubuhamya, Rukundakuvuga yabitangarije ku rwibutso rwa Jenoside rwa Musanze, rwubatse ahahoze Urukiko rw’Ubujurire rwa Ruhengeri (Cour d’Appel Ruhengeri), hakaba hari taliki 15, Mata, 2024.

Rushyinguwemo Abatutsi 800 bazize Jenoside yabakorewe mu mwaka wa 1994.

Kigali Today ivuga ko François Régis Rukundakuvuga yahavugiye ko n’abagize uruhare muri Jenoside bazajya batanga ubuhamya kugira ngo bwuzuze ububa bwaratanzwe n’abarokotse Jenoside.

Ati: “Birakwiye ko ubu buhamya bw’abacitse ku icumu butangira kujya bwuzuzwa n’ubw’abayigizemo uruhare cyangwa se ababirebaga bifuza gutanga umusanzu wabo, bongera amakuru y’ibyabaye muri Jenoside, bikamenyekana kurushaho”.

Mu minsi iri mbere hateganyijwe ko hari abakoze Jenoside bazarekurwa barangije igihano. Abo ngo nibo bitaganyijwe ko bazajya batanga ubwo buhamya.

IBUKA  isaba ko byakwitonderwa

Philbert Gakwenzire uyobora IBUKA yabwiye Taarifa Rwanda ko iyo gahunda niba koko ihari, ikwiye kwitonderwa kubera ko yatoneka abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bari bamaze kwiyubaka.

Avuga ko niba bikiri umushinga wa Politiki, wazaganirwaho kugira ngo uhabwe umurongo ariko ngo si ibyo gupfa gukorwa.

Ku rundi ruhande, Gakwenzire avuga ko ubuhamya bw’abakoze Jenoside bwajya butangwa n’abantu batoranyijwe kandi ntibutangirwe ku karubanda.

Atanga igitekerezo cy’uko ubuhamya nk’ubwo bwaba umwihariko ku bashakashatsi kugira ngo babwandike ariko ntibutangirwe mu ruhame.

Tugarutse ku butumwa Rukundakuvuga yatangiye ku rwibutso rwa Musanze,  yavuze ko biteye isoni kuba ingoro y’ubutabera yariciwemo abantu kandi isanzwe ari ahantu hatangirwa ubutabere.

Avuga ko mu rwego rwo gusubiza agaciro abiciwe ahantu nk’aho, hazigwa niba urwo rwibutso rutahabwa umwihariko.

Ati: “Ubwo ariko tubiharire ubuyobozi bw’Intara n’Ubuyobozi bw’Akarere, bazabitekerezeho nibasanga bishoboka bakore ku buryo bishyirwa mu bikorwa.”

Muri Jenoside yakorewe Abatutsi nta hantu baticiwe.

Hari insengero na Kiliziya zagizwe inzibutso, ibigo by’amashuri, iby’abihayimana, za Kaminuza, n’ahandi hose Abatutsi bahungiye barahiciwe.

Ibi biri mu byatumye igira ubukana bukomeye, ihitana Abatutsi 1,000,000 mu mezi atatu gusa.

TAGGED:AbanyamakurufeaturedKiliziyaMusanzeRukundakuvuga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyeshuri Muri Kaminuza Za Amerika Mu Myigaragambyo Yamagana Israel
Next Article Umunyamakuru Wa Inyarwanda ‘Yarabuze’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?