Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Haratutumba Intambara Yeruye Hagati Ya Iran Na Israel
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Haratutumba Intambara Yeruye Hagati Ya Iran Na Israel

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 April 2024 11:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni intambara ishobora gutangira igihe icyo ari cyo cyose kubera umujinya Iran ifitiye Israel nyuma y’igitero iki gihugu cyagabye kuri Ambasade yayo muri Syria kikica abajenerali bayo benshi.

Birashoboka cyane ko Israel yabikoze mu rwego rwo guhana Iran kubera ko amakuru iki gihugu cyabonye nyuma y’ibitero bya Hamas taliki 07, Ukwakira, 2023 yerekanaga ko Teheran yari ibiri inyuma.

Ikindi kandi ni uko bisanzwe bizwi ko Iran ifasha Hamas na Hezbollah, iyi ikaba ari imitwe Israel yita iy’iterabwoba igomba kurwanywa uko byagenda kose.

Igitero Israel ishinjwa kwicamo bariya bajenerali yakigabye taliki 01, Mata, 2024 kuri Ambasade ya Iran iri muri Syria.

Abo cyahitanye ni Gen Mohammad RezaZahedi wari umuyobozi w’ingabo zidasanzwwe za Iran zikorera muri Lebanon no muri Syria, zikaba zarahakoreye kugeza mu mwaka wa 2016.

Ambasade ya Iran muri Syria iba mu Murwa mukuru Damascus.

Iki gitero kandi cyahitanye umwungirije witwa Gen Mohammad Hadi Hajriahimi n’abandi basirikare bakuru batanu.

Umuyobozi wa Iran witwa  Ayatollah Ali Khamenei avuga ko Israel igomba kuzabizira byatinda byatebuka!

Iby’uko Israel izabizira Khamenei yabivuze ubwo yari ayoboye gusenga kwa Kisilamu kwaraye kubaye ku munsi wo kwizihiza Irayidi.

Yagize ati: “ Umwanzi yaduteye ku butaka bwacu. Gutera Ambasade ni ugutera igihugu ubwacyo”.

Avuga ko ibyo Israel yakoze ari ikosa izazira uko bizagenda kose.

Ibi byatangarijwe mu Biro Ntaramakuru bya Iran byitwa IRNA.

Hagati aho ariko ntacyo ubutegetsi bw’i Yeruzalemu buratangaza kuri iki kintu.

Umujinya wa Israel kandi uterwa n’uko Hezbollah ihora igaba ibitero kuri Israel ikabikora ishyigikiwe na Iran.

Ku rundi ruhande ariko, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Israel witwa Israel Katz avuga ko “Iran nitera Israel ibikoreye ku butaka bwayo, Israel yo izatera Iran iyisanze iwayo”.

Iran yongeyeho ko Ambasade zose za Israel aho ziri ku isi zidakwiye kwiringira umutekano na muke.

Byavuzwe na Gen Rahim Safavi washinzwe kuyobora umutwe udasanzwe w’ingabo za Iran zirinda abakomeye.

Amerika izatabara Israel

Perezida wa Leta zunze ubumwe z’Amerika Joe Biden yaraye abwiye abanyamakuru bari baje mu kiganiro yagiranye na Minisitiri w’Intebe w’Ubuyapani Fumio Kishida ko igihugu cye kizakomeza kuba inshuti magara ya Israel.

Biden avuga ko Iran nihirahira igatera Israel, Amerika izayitabara itazuyaje cyangwa ngo igire undi igisha inama.

Ikinyamakuru cyo muri Amerika kitwa The Bloomberg cyanditse ko amakuru y’ubutasi kivana muri Iran yemeza ko iki gihugu cyamaze kwitegura intambara, ahasigaye hakaba ari ukuzumva ngo yatangiye.

Iby’uko izaba byo ngo ntibigishidikanywaho.

TAGGED:AmerikafeaturedIgiteroIntambaraIran
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gicumbi: Aravugwaho Kurandura Imyaka Y’Uwarokotse Jenoside
Next Article Urubanza Rwa Mbere Rutangaje Mu Bujura Bwa Banki Ku Isi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?