Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hari Abahimbira Ku Banyantege Nke- Kagame Avuga Ku Baka Abaturage Ruswa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Hari Abahimbira Ku Banyantege Nke- Kagame Avuga Ku Baka Abaturage Ruswa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 August 2022 6:50 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu ijambo yabwiye abaturage bari baje kumwakirira ku kibuga kiri  hafi y’Ibiro by’Akarere ka Nyamasheke, Perezida Kagame yabasabye ko batagombye kujya batinya kuvuga ababaka ruswa kuko ngo buryo iyo bamenyekanye ari bwo bigaragara ko ari abanyantege nke.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko abantu nk’abo iyo bafashwe ari bwo bigaragara ko ari abanyantege nke.

Yavuze ko abantu baka ruswa abaturage kugira ngo babahe serivisi mu by’ukuri bahimbira ku banyantege nke kuko ngo bataza gusaba ayo mafaranga abifite.

Ati: “ Abo iyo twabamenye bajya ku murongo kandi abo ni abahimbira ku banyantege nke, ntimukajye mubyemera.”

Perezida Kagame yavuze ko abayobozi badaha serivisi abaturage babatse baba badindiza iterambere ry’’igihugu kandi baba bahemuka.

Ku byerekeye iterambere, Umukuru w’igihugu yavuze ko muri Nyamasheke bafite amahirwe babyaza umusaruro kugira ngo biteze imbere.

Ati: “Muri Nyamasheke mwegereye i Kivu , mwegereye  ishyamba kandi bizabafasha kugira icyo mugeraho mu rwego rw’ubukerarugendo.”

Yavuze ko Leta ubwayo itashobora kuzamura ubukungu mu nzego zose ahubwo ngo hakenewe n’ubufatanye n’abikorera ku giti cyabo kugira ngo iterambere rigirwemo uruhare na buri rwego.

Umukuru w’u Rwanda yashimiye abaturage ba Nyamasheke uko bitwaye mu gihe cy’icyorezo COVID-19, abasaba gukomeza gukurikiza gahunda za Leta uko zimeze.

Ku byerekeye umutekano, yabashimiye  uko bitwaye mu bibazo by’umutekano mucye, bakaba barakoranye n’inzego z’umutekano  kugira ngo batsinde umwanzi.

Ati: “Mujye muzitabaza ari uko byabaye ngombwa ariko mujye muzifashisha hari aho mugeze muzihashya.”

Ku banyunyuza imitsi y’abaturage, Perezida Kagame avuga ko abo burya ari abanyantege nke.

Ngo ntibagombye gutera abantu ubwoba ahubwo ngo bagombye kurwanywa byaba ngombwa bakabimenyesha abandi bayobozi.

Nyuma yo kubagezaho ijambo yari yabageneye, yabahaye umwanya wo kumugezaho ibibazo byabo ndetse n’ibitekerezo kugira ngo Nyamasheke ikomeze itere imbere.

 

TAGGED:AbaturageKagameNyamashekeRuswa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imbonerakure Zizihije Umunsi Zashingiweho
Next Article Gare Ya Mbere Nini Mu Rwanda Igiye Kubakwa i Rubavu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?