Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hari Ubutumwa Perezida Wa Mozambique Yageneye Ingabo Z’u Rwanda Ziri Mu Gihugu Cye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Hari Ubutumwa Perezida Wa Mozambique Yageneye Ingabo Z’u Rwanda Ziri Mu Gihugu Cye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 January 2022 9:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Filip Nyusi uyobora Mozambique kuri uyu wa Gatanu yasuye inzego z’u Rwanda zagiye mu gihugu cye gufasha izaho kugarura umutekano muri Cabo Delgado.

Yasabye ingabo z’u Rwanda na Polisi yarwo gukomeza kotsa igitutu ibyihebe byari byarigaruriye kiriya gice kugira ngo bitsindwe burundu.

Yazigejejeho ubu butumwa ziri kumwe n’abasirikare ba Mozambique bafanyije muri iyi ntambara yatangiye mu Mpeshyi y’umwaka wa 2021 igamije kwirukana ibyihebe byari byarigaruriye Intara ya Cabo Delgado iri mu Majyaruguru ya Mozambique.

Yesterday, 21 January 2022, the President of the Republic of Mozambique Filipe Jacinto Nyusi visited the Joint forces of Mozambique and Rwanda in Palma and Afungi in Cabo Delgado Province
https://t.co/xT55j6L7Mt pic.twitter.com/tNP8nPYx4F

— Rwanda Defence Force (@RwandaMoD) January 22, 2022

Mu mwaka wa 2017 nibwo abarwanyi bavuga ko bakorana na Islamic State bigaruriye Cabo Delgado batangira kuyitegekesha igitugu.

Hari raporo iherutse gusohorwa n’Umuryango wita ku Burenganzira bw’abana, Save the Children, yavuze ko mu Ntara ya Cabo Delgado hari abana bicwaga n’abarwanyi b’uyu mutwe.

Intara ya Cabo Delgado imaze iminsi yarigaruriwe n’abarwanyi bakorana na Islamic State

Muri abo bana harimo n’ababaga bafite imyaka 11 y’amavuko.

Ubwo ingabo z’u Rwanda zajyagayo zifatanyije na Polisi yarwo, zakoranye bya hafi n’ingabo za Mozambique bakubita inshuro bariya barwanyi ndetse bidatinze zibirukana mu Mujyi mukuru wa Cabo Delgado witwa Mocimboa de Praia.

Bidatinze Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yagiye kuzishima akazi kihuse kandi gakozwe neza zakoze.

Mugenzi we uyobora Mozambique Filip Nyusi kuri uyu wa Gatanu taliki 21, Mutarama, 2022 asuye izi ngabo aho zari zimutegerereje hitwa Afungi no muri Palma.

Zari ziri kumwe na bangenzi babo ba Mozambique.

Ku rubuga rwa Twitter  rw’ingabo z’u Rwanda handitsweho ko Perezida Nyusi yari aherekejwe na Guverineri wa Cabo Delgado witwa Valige Taliabo Atuando, Umuyobozi w’Akarere ka  Palma witwa  João Buchil, Umunyamabanga uhoraho muri aka Karere witwa Zefa Alberto, Umuyobozi mukuru wa Polisi ya Mozambique Bernardino Raphael, n’Umuyobozi w’ingabo za Mozambique ziri muri Cabo Delgado witwa Brig Gen Rui Jorge Mandofa.

Hari n’abandi bayobozi bakuru muri Polisi n’ingabo za Mozambique

Yakiriwe n’ubuyobozi bukuru bw’ingabo z’u Rwanda n’ubwa Polisi yarwo zikorera muri iriya Ntara.

Perezida Nyusi yashimye umuhati ingabo zikorera muri kariya gace zifite ariko azisaba kongera umurego kugira ngo n’abarwanyi bakihishe hirya no hino mu bice by’iriya Ntara bahirukanwe.

Yabasabye guhigisha uruhindu bariya barwanyi aho bari hose.

Nyusi yashimye ko ingabo zose ziri muri kiriya gikorwa zikorana neza, kugira ngo intego rusange zifite igerweho.

Nyusi yabasabye kongera imbaraga mu bitero bagaba kuri bariya barwanyi bakabatsinda burundu
TAGGED:AbanaAbarwanyiCabo DelgadofeaturedIngaboKagameMozambiqueNyusiPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bralirwa Ntiyishimiwe N’Abakunzi Ba Mutzig
Next Article Hon Bamporiki Ati: ‘ Ibyo Abandi Bavuze Ku Idebe Sibyo Njyenderaho’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Imwe Mu Makipe Yo Muri Sudani Yikuye Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

You Might Also Like

Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kagame Yaganiriye N’Ubuyobozi Bw’Ihuriro Rw’Ubukungu Ku Isi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Tanzania: Baratora Perezida N’Abadepite 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?