Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: I&M Bank N’Ikindi Kigo Mpuzamahanga Mu Kuzamura Ikoranabuhanga Mu Bakiliya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

I&M Bank N’Ikindi Kigo Mpuzamahanga Mu Kuzamura Ikoranabuhanga Mu Bakiliya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 March 2024 7:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Iyi Banki yifatanyije n’ikigo kitwa Network International (Network) mu kongerera imbaraga urwego rw’imari rukoresha ikoranabuhanga, fintech.

Ikigo Network gisanzwe kizobereye mu byo gutanga izi serivisi kuko gifite ibiro hirya no hino muri Afurika no mu Burasirazuba bwo Hagati.

I&M Bank Rwanda ifite intego yo korohereza abantu gukoresha ikoranabuhanga mu bikorwa byabo, haba mu kubitsa no mu kubikuza ndetse no mu kohererezanya amafaranga.

Mu mwaka wa 2023 yahembewe kuba Banki ikora neza kurusha izindi mu Rwanda, iki gihembo ikaba yaragihawe n’ikigo Capital Finance International, iki kikaba ikigo gifite ikinyamakuru gikorera kuri murandasi cyandika ku bucuruzi, ubukungu n’imari.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Itangazo rigenewe abanyamakuru rya I&M Bank rivuga ko amasezerano y’imikoranire yayo n’ikigo Network International azayifasha gukorera ibintu byinshi mu ikoranabuhanga kandi ngo ibi biri mu mabwiriza ya Banki nkuru y’u Rwanda, urwego ruyobora ifaranga ry’u Rwanda.

Ikigo Network  kizifashisha uburyo Leta yashyizeho burimo gukwirakwiza murandasi  n’amashanyarazi hirya no hino mu Rwanda kugira ngo kibone uko giha I&M Bank ikoranabuhanga ikeneye mu kazi kayo.

Bumwe mu buryo bw’ikoranabuhanga iki kigo kizaha iriya Banki ni ubwo kurinda amafaranga yayo, kwishyurana, kubitsa no kubikuza binyuze mu ikoranabuhanga ndetse n’ubundi buryo bita Application Programming Interface (API).

Ubu ni uburyo bufasha umukiliya gukorana bya hafi n’ikigo kimuha serivisi, bikihuta kandi ntibigire ‘gisitaza.’

Kiriya kigo kandi kizafasha I&M Bank kubona amakarita agezweho yo guha abakiliya bayo ngo bayakoreshe mu bikorwa bakorana nayo bya buri munsi.

- Advertisement -

Umuyobozi w’iyi Banki Benjamin Mutimura avuga ko imikoranire y’ikigo ayobora na Network International ari intambwe ikomeye itewe  mu rwego rwo kubaka ubushobozi no guteza imbere urwego rw’ikoranabuhanga mu mikorere yaza Banki nyarwanda.

Benjamin Mutimura

Ati: “ Iyi mikoranire ije kuzuza gahunda yacu yo gufasha Abanyarwanda benshi gukoresha ikoranabuhanga mu mikoranire yabo natwe. Bizadufasha kubafasha kugera ku ikoranabuhanga bifuza kugira ngo bungukirwe kurushaho na serivisi z’imari muri Banki yabo”.

Umuyobozi w’ikigo Network International witwa  Reda Helal avuga ko gukorana na I&M Bank ari iby’agaciro kandi ko bizatuma Abanyarwanda bagera kuri serivisi z’ikoranabuhanga cyane cyane mu bice iyi Banki itaragezamo amashami yayo.

Umuyobozi w’ikigo Network International witwa Reda Helal
TAGGED:AmafarangaBankifeaturedIkoranabuhangaMutimura
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hagiye Gusohoka Inkweto Za Adidas Zitiriwe Bob Marley
Next Article FERWACY Irashaka Abatoza Bazi NEZA Icyongereza n’Igifaransa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gasabo: Hafashwe Abanigaga Abantu Bakabambura

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

UN N’u Rwanda Mu Bufatanye Bufite Agaciro Ka Miliyari $1

Nduhungirehe Mu Nama Ihuza Afurika N’Uburayi

Hagiye Kongera Kwibukwa Imiryango Y’Abatutsi Yazimye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Kamerthe Ntashira Amakenga Iby’Amasezerano Y’Amahoro Ya DRC N’u Rwanda 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Zahabu Igiye Kuba Indi Mari Ibitswe Muri BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ese Elon Musk Yavanywe Mu Nkoramutima Za Trump?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Iperereza Ryakorwaga Kuri Agathe Kanziga Ryarangiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?