Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hari Ubwoba Bw’Inyeshyamba Ziri Mu Nkengero Ya Kinshasa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Hari Ubwoba Bw’Inyeshyamba Ziri Mu Nkengero Ya Kinshasa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 September 2023 8:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo Jean Pierre Bemba yatangaje ko hari inyeshyamba zitwa Mobondo ziri mu bice byegereye Kinshasa.

Ziri ahitwa Kwilu, Kwango, Maï-Ndombe no mu nkengero za Kinshasa.

Bemba avuga ko izi nyeshyamba ziri kwica abantu benshi mu cyaro hirya no hino muri ziriya Ntara.

Abantu 18 bamaze kwicwa muri biriya bice.

Bumwe mu buryo inyeshyamba za Mobondo zikoresha mu bwicanyi bwazo, ni ugutikira abantu mu nzu.

Kuri Bemba ikibazo ni uko imbaraga z’izi nyeshyamba ziri kwagukira no mu Ntara ya Kongo-céntral, iyo ntara ikaba iherereye mu Burengerazuba bwa DRC.

Amakuru Taarifa yamenye avuga ko mu Nama y’Abaminisitiri yateranye mu mpera z’Icyumweru gishize, Jean Pierre Bemba yabwiye bagenzi ko kimwe mu byo asanga byihutirwa mu kazi ke ari ugukoma imbere ziriya nyeshyamba.

Avuga ko abasirikare batangiye guhiga bukware bariya barwanyi aho bari hose.

Bemba yabwiye bagenzi be ati: “ Abarwanyi ba Mobondo bari kwagurira ibikorwa byabo muri Kwango, Kwilu, Mai-Ndombe kandi baragana n’i  Kinshasa,. Bafite umugambi wo gukomereza muri  Kongo-Céntral.”

Bemba avuga ko Minisiteri ayoboye ikomeje gucunga uko ibikorwa bya gisirikare byo guhangamura M23 n’indi mitwe yazengereje ubutegetsi bwa Kinsha biri gukorwa.

Ku rundi ruhande, ingabo za DRC( FARDC) n’iza Uganda ( UPDF) zikomeje gukorana ngo zihashye abarwanyi ba ADF/MTM,aba bakaba bavugwaho gukorana na Islamic State mu bikorwa by’iterabwoba.

Kuri Bemba ikibazo ni uko imbaraga z’izi nyeshyamba ziri kwagukira no mu Ntara ya Kongo-céntral
TAGGED:BembaCongoDRCfeaturedInyeshyamba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RSSB Irashaka Ko Abantu Bazajya Bizigamira Kuri Telefoni BYIKOZE
Next Article Abana B’Abanyarwanda Bazatozwa Na Bayern Bamenyekanye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?