Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hari Umuti Uvura Umutwe Wakuwe Ku Isoko Ry’u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbuzima

Hari Umuti Uvura Umutwe Wakuwe Ku Isoko Ry’u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 July 2024 11:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’Imiti n’Ibiribwa, Rwanda FDA, cyakuye ku isoko imiti harimo ufite numero A4042 witwa EFFERARGAN VITAMIC C 500mg/200mg (“comprimé efferverscent), uzwiho kuvura umutwe.

Ni umuti wakozwe n’uruganda rwo mu Bufaransa, rwitwa UPSA SAS.

Icyemezo cyo kuwuhagarika cyafashwe nyuma y’ubusesenguzi ryakozwe n’Ikigo FDA.

Nyuma yo kuwugenzura ngo basanze nimero yawo yarahinduye ibara riba iry’ikigina mu mwanya wo kuba ibara ry’umweru, ibyo nk’uko byagaragajwe mu itangazo ryashyizweho umukono n’Umuyobozi Mukuru wa FDA Prof Emile Bienvenue, bikaba bihabanye n’ibipimo by’ubuziranenge ugomba kuba wujuje.

Undi muti uvura zimwe na zimwe z’amaso wahagaritswe ni uwitwa TETRACYCLINE HYDROCHLORIDE OPHTHALMIC OINTMENT USP 1% W/W STERILE ufite nimero 23038, ukorwa n’uruganda rwitwa Curis Lifescience Pvt Ltd rwo mu Buhinde.

Ikigo FDA muri raporo zagiye zikorwa zigashyikirizwa Ikigo FDA nacyo kikaziheraho gikora ubusesenguzi, cyasanze ibara rya nimero y’uyu muti naryo ryarahindutse umukara aho kuba ibara ry’igikina, ibyo bikaba bihabanye n’amategeko ngenderwaho y’ibipimo byawo by’ubuziranenge.

Abaganga n’abahanga mu by’imiti, abakoresha imiti, abafite ububiko bw’imiti n’amashami yabo yose, abinjiza imiti mu gihugu, Farumasi ziranguza n’izidandaza, amavuriro ya Leta n’ayigenga byo mu gihugu hose, byamenyeshejwe mu itangazo ryasohotse tariki 30 Kamena 2024, ko izo nimero z’imiti zihagaritswe.

Itangazo rya FDA kandi rivuga ko bitemewe kuzikoresha no kuzikwirakwiza, ahubwo ko bagomba kwihutira kuyisubiza aho yaturutse.

Iki kigo cyanamenyesheje abo bireba bose ko hagomba gukorwa raporo igizwe n’imibare y’ingano y’umuti waranguwe, iyagurishijwe, iyagaruwe ndetse n’itaracurujwe.

Ibyo bigakorwa mu gihe kitarenga iminsi 10 y’akazi uhereye igihe itangazo ryasohokeye ndetse iki kigo kiboneraho no kuburira abantu bari baratangiye kuyikoresha nyuma yo kuyandikirwa na muganga, kureka gukomeza kuyikoresha.

TAGGED:featuredImitiKagameUmutwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Israel: Abagendera Ku Mahame Akaze Ya Kidini Banze Kujya Mu Gisirikare 
Next Article Kagame Ageze I Kirehe Ngo Yiyamamaze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingwe: Inyamaswa Ibayeho Icunganwa N’Intare

Guinée: Bidasubirwaho Mamadi Doumbouya Yatsinze Amatora

Asanga Hakwiye Kujyaho Itorero ‘Ryihariye’ Ry’Abagabo

Menya Ahaza Kurasirwa Ibishashi Birangiza 2025

Muhanga: Umunyamategeko Yakatiwe Gufungwa Imyaka 15

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo

Kirehe: Abimuwe Kubera Urugomero Rwa Rusumo Bagiye Gutaha Inzu Nshya

Bunyoni Ararembye

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rutaremara Agaya Ababyeyi Bahariye Abayaya Uburere Bw’Abana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyeshuri Barasubira Ku Ishuri Guhera Kuri Uyu Wa Gatandatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kamonyi: Abagabo Bahaye Umwana Inzoga Bose Irabica

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Guinée: Doumbouya Yatsinze Amatora 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?