Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hari Umwuka Mubi Hagati Ya Macron Na Netanyahu Bapfa Lebanon
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Hari Umwuka Mubi Hagati Ya Macron Na Netanyahu Bapfa Lebanon

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 October 2024 7:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bamwe bashobora kuba batabizi, ariko burya Ubufaransa busa n’ubwakolonije Lebanon.Kuba Israel iri gusenya ibikorwaremezo by’iki gihugu mu ntambara iri kurwana na Hezbollah, ntibishimisha Emmanuel Macron.

Ibi byatumye Israel imaze iminsi iterana amagambo n’Ubufaransa.

Ayo magambo ubu amaze gufata indi ntera. Mu mpera za Nzeri, 2024 nibwo ingabo za Israel zatangije ibitero muri Liban ku birindiro by’umutwe wa Hezbollah.

Mbere y’uko ibintu bigera aho biri, Israel yabanje kwica Hassan Nasrallah wayobora Hezbollah.

Bidatinze ingabo za Israel zahise zitangiza intambara yo ku butaka kandi n’ubu irakomeje.

Israel iherutse gusaba UN ko ikura ingabo zayo muri Lebanon kuko zitambika ibitero bya Israel kandi zikaba zishobora no kuhahurira n’ibyago byo gukomereka cyangwa kuhagwa.

Israel ibivuga ikomeje kuko kuri uyu wa Gatatu yarashe missile mu Murwa mukuru Beirut.

Ibi byarakaje Ubufaransa kuko nibwo bufite ingabo nyinshi muri izo za UN.

Le Parisien yanditse ko Emmanuel Macron yabwiye Abaminisitiri bagize Guverinoma ye ko Israel ikwiye kubaha UN kuko nayo yashyizweho n’icyemezo cya UN mu mwaka wa 1947.

Yagize ati:” Bwana Netanyahu, ntagomba kwibagirwa ko igihugu cye cyaremwe n’umwanzuro wa UN mu mwaka wa 1947 ubwo Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye yatoraga icyemezo cyo kugabanya Palestine ibice bibiri, hakavamo ubutaka bw’Abayahudi n’ubw’Abarabu”.

Byarakaje Netanyahu amusubiza ko Israel yabayeho kubera intambara yo kwibohora.

Netanyahu ati: “Ndibutsa Perezida w’u Bufaransa, ko umwanzuro wa UN atariwo washinze Leta ya Israel, yashinzwe n’intsinzi y’Intambara y’ubwigenge yarwanwe n’indwanyi z’amaraso y’ubutsinzi”.

Uwo mwuka mubi watangiye no kuzamuka ubwo Macron yasabaga ko Israel ikwiye guhagarikirwa guhabwa intwaro.

Ubufaransa ntibuzashimishwa no kubona Lebanon isenywa kuko byatuma iyitakaza kandi busanzwe buri gutakaza ibihugu bwahoze bukoloniza muri Afurika.

Ibyo ni Mali, Burkina Faso na Niger.

TAGGED:featuredHezbollahIbikorwaremezoIntambaraIsraelLebanonMacron
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kwambara Isaha Bimariye Iki Benshi Ko Bitababuza Gucyererwa?
Next Article Ingabo Z’u Rwanda Ziranyomoza Ihototera Zavuzweho Muri Centrafrique
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?