Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Haribazwa Impamvu Cinema Nyarwanda Itarema Aba Stars Bashya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImyidagaduroMu Rwanda

Haribazwa Impamvu Cinema Nyarwanda Itarema Aba Stars Bashya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 September 2024 9:49 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Papa Sava icyamamare gikomeye muri cinema nyarwanda
SHARE

Mu Mujyi wa Kigali haherutse kubera impaka ku mpamvu zituma ibyamamare bikomeye muri cinema nyarwanda bihora ari bimwe! Ibyo akenshi ni Papa Sava, Bamenya n’abandi bacye…

Ibyo biganiro mpaka byabaye ubwo ikigo kizamura abakinnyi ba cinema nyarwanda kitwa Zacu TV cyahuraga n’abakinnyi ba filimi nyarwanda n’abandi bakora mu myidagaduro nyarwanda ngo baganire ku mishinga iri imbere.

Umwe mu babajije ibibazo, yabajije Wilson Misago uyobora Ikigo Zacu Entertainment impamvu mu myaka ibiri ishize gitangiye gukora usanga nta bandi bakinnyi cyubakiye izina ngo bamamare nka Papa Sava n’ abandi bacye.

Wilson Misago

Yagize ati: “Ni byiza ko mufasha abantu gukina neza ariko usanga kuva mwaza muri uyu mwuga aba stars bakiri babandi. Ko nta bandi tubona muzamura biteye gute?”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Misago yasubije ko kugira ngo umuntu azamuke amenyekane muri cinema iyo ari yo yose, bisaba igihe n’ibijyana nacyo.

Yavuze ko umukinnyi nawe aba agomba gukina neza, agahabwa igihe cyo kwiyerekana.

Yunzemo ko burya cinema ihenda, isaba igihe n’ubwitange.

Papa Sava cyangwa Seburikoko( amazina ye ni Gratien Niyitegeka) wari uri muri ibyo biganiro yavuze ko abashinja ZACU TV kutazamura abantu ngo bamamare bayirenganya.

Avuga ko ikibazo ari uko bamwe baza muri cinema bashaka kuba ibyamamare mu gihe gito.

- Advertisement -

Mu mvugo isekeje yagize ati: “ Hari abaza gukina, yakina rimwe bakabona ko afite ibigango n’ikimero akumva ko yabaye umu star bikarangirira aho”.

Yavuze ko kugira ngo umuntu abe icyamamare bisaba guhozaho, akagaragara muri filimi nyinshi.

Papa Sava yavuze ko we akina abikunze kuko yabigize umwuga, asaba n’abandi bashaka kumera nkawe cyangwa kumera nka Bamenya gukora cyane bagahangana kuri iryo soko.

Kugeza ubu ibyamamare kurusha abandi muri cinema nyarwanda ni Gratien Niyitegeka, Longin Irunga, Antoinnette Uwamahoro, Gatesi Divine, Eric Nsabimana.

Ikigo cyazamuye aba bakinnyi kitwa Zacu TV cyatangiye gukora mu mwaka wa 2022.

Mu mwaka wa 2025 hari gahunda y’uko filimi zikinnya n’ibyamamare ku isi zizajya zumvikana zikinwa mu mwimerere wazo ariko abazikina bavuga Ikinyarwanda.

Ni ikoranabuhanga bita ‘dubbing’.

Muri icyo gihe kandi hari na filimi umuhanzi Juno Kizigenza azagaragaramo.

Ni filimi bise Fame is the Enemy [ Ubwamamare buhinduka nyirabwo], ikazajya   imara isaha n’iminota 27.

Juno ari hafi kugaragara muri filimi aho azaba ari booss w’umwiyemezi bikamugaruka

Cinema nyarwanda iratera imbere kandi uko bigaragara ifite ejo hazaza.

TAGGED:featuredFilimiIbyamamareImyidagaduroZacu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bugesera: Igitaramo ‘MTN Iwacu Muzika’ Cyahagaritswe Melodie Ataririmbye
Next Article Amerika Yababajwe Ni Uko Israel Itayibwiye Mbere Yo Kwica Uyobora Hezbollah
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?