Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uburusiya Bwanzuye Guhagarika Intambara Na Ukraine Kuri Pasika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Uburusiya Bwanzuye Guhagarika Intambara Na Ukraine Kuri Pasika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 April 2025 5:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Vladmir Putin yategetse ingabo ze guhagarika intambara kuri Pasika kugira ngo abanya Ukraine babone uko bizihiza uwo munsi mukuru uhuriweho n’abemera Kristo ku isi hose.

Avuga ko imirwano igomba guhagarara guhera saa kumi n’ebyiri z’umugoroba kuri uyu wa Gatandatu kuzageza saa sita z’ijoro kuri iki Cyumweru.

Putin avuga ko yizeye ko uruhande rwa Ukraine narwo ruzakurikiza ako gahenge, akavuga ko uzica iyi gahunda azaba ari we gashozantambara.

BBC ivuga ko uruhande rwa Ukraine rutaragira icyo rutangaza kuri ako gahenge.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uburusiya butangaje ibi nyuma y’uko mu mpera z’Icyumweru gishize igihugu cye cyarashe muri Ukraine igisasu cya missile bita ballistic kica abantu benshi ku buryo hari bamwe mu nshuti z’iki gihugu bavuze ko ibyakozwe bishobora gushyirwa mu rwego rw’ibyaha by’intambara.

Ab’ingenzi ni Abongereza.

Indi ngingo iri kuvugwa muri Ukraine ni ukutumvikana nyako hagati yayo na Amerika ku ngingo irebana no kuyirindira umutekano nayo ikemerera Washington kuyicukuramo amabuye y’agaciro.

Amerika ivuga ko iri gushaka uko intambara hagati ya Ukraine n’Uburusiya igiye kumara imyaka itatu n’igice yahagarara ariko hari ibitarasobanuka neza mu bigize iyo mikoranire.

Perezida wa Amerika Donald Trump avuga ko niba Ukraine itaretse amananiza ngo yemere ibyo isabwa, ikizakurikiraho ari uko Amerika nayo izahagarika ibyo yari yararangije kuyemerera.

- Advertisement -

Ukraine isaba Amerika ko yashyira ibirindiro by’ingabo zayo muri Ukraine bikayiha icyizere ko n’ibindi izabikora.

TAGGED:AgahengefeaturedIntambaraPutinUkraineVladimir
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article M23 Isanga Kuba Kabila Yaje i Goma Nta Kibazo Kibirimo
Next Article Rayon Iraye Ari Iya Mbere Muri Shampiyona Nyuma Yo Gutsinda Muhazi United 2-0
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?