Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Haribazwa Impamvu Cinema Nyarwanda Itarema Aba Stars Bashya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImyidagaduroMu Rwanda

Haribazwa Impamvu Cinema Nyarwanda Itarema Aba Stars Bashya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 September 2024 9:49 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Papa Sava icyamamare gikomeye muri cinema nyarwanda
SHARE

Mu Mujyi wa Kigali haherutse kubera impaka ku mpamvu zituma ibyamamare bikomeye muri cinema nyarwanda bihora ari bimwe! Ibyo akenshi ni Papa Sava, Bamenya n’abandi bacye…

Ibyo biganiro mpaka byabaye ubwo ikigo kizamura abakinnyi ba cinema nyarwanda kitwa Zacu TV cyahuraga n’abakinnyi ba filimi nyarwanda n’abandi bakora mu myidagaduro nyarwanda ngo baganire ku mishinga iri imbere.

Umwe mu babajije ibibazo, yabajije Wilson Misago uyobora Ikigo Zacu Entertainment impamvu mu myaka ibiri ishize gitangiye gukora usanga nta bandi bakinnyi cyubakiye izina ngo bamamare nka Papa Sava n’ abandi bacye.

Wilson Misago

Yagize ati: “Ni byiza ko mufasha abantu gukina neza ariko usanga kuva mwaza muri uyu mwuga aba stars bakiri babandi. Ko nta bandi tubona muzamura biteye gute?”

Misago yasubije ko kugira ngo umuntu azamuke amenyekane muri cinema iyo ari yo yose, bisaba igihe n’ibijyana nacyo.

Yavuze ko umukinnyi nawe aba agomba gukina neza, agahabwa igihe cyo kwiyerekana.

Yunzemo ko burya cinema ihenda, isaba igihe n’ubwitange.

Papa Sava cyangwa Seburikoko( amazina ye ni Gratien Niyitegeka) wari uri muri ibyo biganiro yavuze ko abashinja ZACU TV kutazamura abantu ngo bamamare bayirenganya.

Avuga ko ikibazo ari uko bamwe baza muri cinema bashaka kuba ibyamamare mu gihe gito.

Mu mvugo isekeje yagize ati: “ Hari abaza gukina, yakina rimwe bakabona ko afite ibigango n’ikimero akumva ko yabaye umu star bikarangirira aho”.

Yavuze ko kugira ngo umuntu abe icyamamare bisaba guhozaho, akagaragara muri filimi nyinshi.

Papa Sava yavuze ko we akina abikunze kuko yabigize umwuga, asaba n’abandi bashaka kumera nkawe cyangwa kumera nka Bamenya gukora cyane bagahangana kuri iryo soko.

Kugeza ubu ibyamamare kurusha abandi muri cinema nyarwanda ni Gratien Niyitegeka, Longin Irunga, Antoinnette Uwamahoro, Gatesi Divine, Eric Nsabimana.

Ikigo cyazamuye aba bakinnyi kitwa Zacu TV cyatangiye gukora mu mwaka wa 2022.

Mu mwaka wa 2025 hari gahunda y’uko filimi zikinnya n’ibyamamare ku isi zizajya zumvikana zikinwa mu mwimerere wazo ariko abazikina bavuga Ikinyarwanda.

Ni ikoranabuhanga bita ‘dubbing’.

Muri icyo gihe kandi hari na filimi umuhanzi Juno Kizigenza azagaragaramo.

Ni filimi bise Fame is the Enemy [ Ubwamamare buhinduka nyirabwo], ikazajya   imara isaha n’iminota 27.

Juno ari hafi kugaragara muri filimi aho azaba ari booss w’umwiyemezi bikamugaruka

Cinema nyarwanda iratera imbere kandi uko bigaragara ifite ejo hazaza.

TAGGED:featuredFilimiIbyamamareImyidagaduroZacu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bugesera: Igitaramo ‘MTN Iwacu Muzika’ Cyahagaritswe Melodie Ataririmbye
Next Article Amerika Yababajwe Ni Uko Israel Itayibwiye Mbere Yo Kwica Uyobora Hezbollah
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?