Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Harifuzwa Ko Ubucuruzi Hagati Ya Kigali Na Kampala Bugera Kure
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Harifuzwa Ko Ubucuruzi Hagati Ya Kigali Na Kampala Bugera Kure

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 January 2025 11:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abitabiriye imurikagurisha ryatangiye kuri uyu wa Gatandatu rimurikirwamo ibikorerwa i Kigali n’ibikorerwa i Kampala riri kubera muri uyu Mujyi bavuga ko ubu bucuruzi bukwiye kugezwa ku rundi rwego, bukiyongera kandi bugasigasirwa kugira ngo burambe.

Bavuze kandi ko hari ibicuruzwa bimwe na bimwe bikwiye gusonerwa imisoro kugira ngo byoroshye ubwo bucuruzi.

Imurikagurisha Kampala-Kigali Expo rihuriza hamwe abacuruzi, abahanga mu ikoranabuhanga n’abakora mu by’ubuhanzi kugira ngo bungurane ibitekerezo by’uburyo imikoranire hagati y’impande zombi yanozwa kurushaho.

Uwavuze mu izina rya Ambasade y’u Rwanda i Kampala witwa Assistant Commissioner of Police Ismael Baguma yabwiye abaryitabiriye ko u Rwanda rufite politiki yo korohereza abashaka gucuruzanya narwo aho baba baturutse hose mu Karere ruherereyemo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Baguma avuga ko rubikora binyuze mu gukuraho imbogamizi zishingiye ku misoro ku bintu runaka.

ACP Baguma ati: “ Iri murikagurisha rirenze ubucuruzi kuko ryerekana umubano usanzwe hagati y’abaturage b’ibihugu byombi. Ubucuruzi ntibushingiye gusa k’ukunguka ahubwo buhuza n’abantu, bagasangira ibibera iwabo, bakungurana ibitekerezo n’icyerekezo basangiye”.

Adonia Ayabare usanzwe ari Intumwa ihoraho ya Uganda mu Muryango w’Abibumbye nawe yunze mu rya Baguma avuga ko abitabiriye ririya murikagurisha bakwiye kuribonamo uburyo bwo kurushaho kubaka imikoranire hagati yabo.

The New Times yanditse ko Ayabare yabasabye kubaka imikoranire izaramba, ikaba imbarutso yo gukuraho imbogamizi mu bucuruzi kandi ikazaba uburyo bwo gutuma Kigali ikomeza gukorana na Kampala mu buryo burambye.

Mu mwaka wa 2023/2024 ibicuruzwa byinshi bikorerwa mu nganda zo mu Rwanda byoherejwe muri Uganda naho ibyo rwatumije muri aka Karere bituruka muri Tanzania.

- Advertisement -
TAGGED:AyebareBagumaKampalaKigaliRwandaUbucuruziUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Macron Yongeye Kuganira Na Kagame Na Tshisekedi Ku Bya M23
Next Article DRC Yasabye Abadipolomate Bayo Bose Baba Mu Rwanda Gutaha
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?