Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Harigwa Uko Imibu Yajya Irogwa Hakoreshejwe Amaraso Y’Umuntu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi N'UbuhangaUbuzima

Harigwa Uko Imibu Yajya Irogwa Hakoreshejwe Amaraso Y’Umuntu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 April 2025 3:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hari inkuru ushobora kumva ukagira ngo ni filimi, ukumva ko bidashoka ariko mu by’ukuri ari ukuri kwambaye ubusa! Nk’ubu abahanga bari kwiga uko amaraso y’umuntu- ubundi asanzwe ari yo biryo byiza by’umubu- yajya ahindurwa uburozi bwica iyo mibu.

Abo bahanga barashaka gukora uburyo bwakunganira ubusanzweho bwo kwirinda Malaria, indwara iri mu zihitana abantu benshi-abagera ku 600,000- buri mwaka.

Malaria iri mu ndwara nke zica abantu benshi bazandujwe n’agakoko k’inigwahabiri bita ‘umubu’.

Umubu ureshya na milimetero ziri hagati y’eshatu n’esheshatu.

Ikinyamakuru Science Translational Medicine kivuga ko hari abahanga bari gukora uburozi bise ‘nitisinone’ bufite ubushobozi bwo gufata amaraso y’umuntu bukayahindurira umwimerere ku buryo aba uburozi buhitana umubu.

Ubwo burozi abo bahanga bashaka gukora buzaba bufite ubushobozi bwo kwica imibi mu gihe cy’iminsi 16.

Buzaba bufite ubushobozi bwo kwica imibu mu gihe kibanziriza itera ry’amagi bityo bugabanye mu rugero rufatika ubwinshi bw’imibi ivuka.

Biramutse bigenze nk’uko abo bahanga babiteganya, uwo muti wazaca intege imikurire y’imibu bigatuma itanduza abantu ku rwego isanzwe ibikoramo.

Uriya muti uzaba ari uburozi ku mibu ariko uba n’urukingo, mu buryo runaka, ku bantu.

Abashakashatsi bavuga ko uwo muti utazasimbura uburyo busanzwe bwo kurinda malaria burimo inzitiramubu iteye umuti, gutema ibihuru n’ibigunda no kwirinda guturana n’ibidendezi cyangwa ubundi buryo bwose busanzwe bukoreshwa.

Bavuga ko uriya muti wazafasha mu bice bimwe na bimwe by’isi aho byagaragaye ko Malaria yamaze kunanira imiti isanzwe ikoreshwa mu kuyivura.

Umuhanga witwa Álvaro Acosta Serrano yabwiye National Geographic dukesha iyi nkuru ati: “ Ubu twishimiye gukoresha umuti ushobora kwica imibu kandi wemewe n’ikigo FDA kuko ufasha mu guhangana n’indwara yabaye karande mu bantu”.

Mu mwaka wa 2016, abahanga bo muri Brazil bavumbuye ko inigwahabiri, n’imibu by’umwihariko, ikunda amaraso arimo ibinyabutabire bigize uriya muti, ariko basanga haramutse hahinduwe imiterere yawo, umubi wanyoye ayo maraso nawo wapfa.

Imiterere y’umubu w’ingore. Ushobora kubaho ibyumweru bitatu iyo mu gihugu.
Abashakashatsi barayorora kugira ngo bige uko ibaho bityo bamenye uko bayirinda abantu.

Abahanga babanje kubigeragereza ku masazi bita tsétsé, basanga birakora.

Nyuma y’igerageza rifatika, abahanga bawugeragereje no ku bana bakivuka, abo ba Nyina batwite no ku bitambambuga basanga nta kibazo bibatera bityo barawemeza.

Gusa bavuga ko nk’uko biba no ku yindi miti, umuntu wanyoye umuti akunze kugirwaho ingaruka nawo zishobora gukomera cyangwa zikoroha bitewe n’uko umubiri we usanzwe ukora.

Icyangombwa ni uko uwo muti umugirira akamaro mu gihe kirambye, ukamurinda indwara yashoboraga kumuhitana.

Abahanga bavuga ko Malaria ari indwara y’abakene bityo kubashakira umuti udahenze biri mu byabafasha guhangana n’iyi ndwara yigiriza nkana ku bana n’abagore batwite.

TAGGED:AbashakashatsifeaturedimibuIndwara
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mukuralinda Yasezeweho N’Ab’Ingeri Zose
Next Article Tanzania: Tundu Lissu Ukomeye Mu Batavuga Rumwe Na Leta Arashinjwa Kugambanira Igihugu 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?