Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Haruna Yasabye Umusifuzi Mpuzamahanga Kutabogama Abitewe N’Indonke
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Haruna Yasabye Umusifuzi Mpuzamahanga Kutabogama Abitewe N’Indonke

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 August 2022 8:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Haruna Niyonzima  usanzwe ari Kapiteni w’Amavubi n’uwa AS Kigali yaraye agiranye ikiganiro n’umusifuzi mpuzamahanga witwa Eric Mugabo gisa n’aho cyarimo no gutongana amusaba kutabogamira ku ikipe yamuhaye indonke.

Mu mukino uheruka wahuje APR FC na AS Kigali kuri Super Coupe.

Muri uyu mukino amakipe yombi yari yanganyije 0-0 mu minota 120.

Icyakora k’umunota wa 90 APR FC yabonye penaliti ku ikosa Haruna Niyonzima yakoreye uwitwa Niyibizi Ramadhan, umusifuzi wa Mbere wo ku ruhande, Mugabo Eric, amanika igitambaro avuga ko ari penaliti.

Ni penaliti ya APR FC yatanzwe nyuma y’umupira Ramadhan yari ahawe na Manishimwe Djabel.

Yatewe na Byiringiro Lague, umunyazamu arayifata.

Haruna Niyonzima amaze kubona ko umusifuzi Eric Mugabo atanze iriya penaliti, yaramwegereye amubwira ko itari penaliti ndetse mu magambo ye [Haruna] yabwiye uyu musifuzi ko bakwiye kujya bareka za ruswa barya bagasifura neza.

Umunyamakuru wa UMUSEKE witwa Sadi yumvise ikiganiro bagiranye.

Haruna yagize ati: “Wasifuye nta kibazo ariko ntabwo ari yo.”

Uyu musifuzi yahise amusubiza ati “Nonese wari uje kubaza iki?”

Haruna nawe ati “Kandi ari njye ukoze umupira. Mujye mureka ibintu bya ruswa. What [….] Men.”

Umusifuzi arongera ati “Nonese wari uje kubaza iki?”

Haruna nawe ati “Mbaza kandi ubizi wowe. Wari uringaniye n’umurongo.”

Mu minsi ishize, Perezida w’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru, FERWAFA, Nizeyimana Mugabo Olivier, yavuze ko kuba hari abasifuzi bashobora ‘kuba barya ruswa’ atari uko ibyo bagenerwa ngo bajye gusifura ari bike ahubwo ari ‘ubunyangamugayo bwabo buke’.

Nizeyimana Olivier Mugabo yavuze ko mu rwego rwo guhangana n’iki kibazo, bifiza gukomeza kuzamura ubumenyi bw’abasifuzi kandi bakabibutsa akamaro k’ubunyangamugayo mu kazi kabo.

TAGGED:APR FCAS KigaliFERWAFAHarunaNiyonzimaUmusifuzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida W’u Burundi Na Madamu Bagaragaye Mu Murima Bahinga
Next Article Rubavu: ‘Yatangaga’ Amafaranga Bagahishira Uruhare Rwe Muri Jenoside
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?