Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hasigaye Kumenyekana Aho Kagame Azahurira Na Tshisekedi Bakaganira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Hasigaye Kumenyekana Aho Kagame Azahurira Na Tshisekedi Bakaganira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 March 2024 9:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko Perezida wa Angola ahuye na Tshisekedi ndetse na Kagame mu bihe bitandukanye, Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Angola yatangaje ko mu gihe kiri imbere Perezida Paul Kagame w’u Rwanda azahura na mugenzi we wa DR Congo Félix Tshisekedi bakazahura ku italiki n’ahantu bizagenwa na Perezida wa Angola João Lourenço.

Kuri uyu wa Mbere taliki 11, Werurwe, 2024 nibwo Kagame yageze i Luanda mu ruzinduko rw’akazi  rw’umunsi umwe.

Yagiyeyo nyuma y’uko na mugenzi we Tshisekedi nawe yari yagiye yo mu Byumweru bibiri byari bishize.

Bimwe mu byo Perezida Kagame yemeranyije na Perezida Lourenço ni intambwe z’ingenzi mu gukemura impamvu muzi z’intambara” iri mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Perezida Paul Kagame yaraye ahuye na mugenzi we wa Angola João Lourenço.

Ku ruhande rwa Angola, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wayo witwa Téte António yabwiye abanyamakuru ko “bemeranyije ko Perezida Paul Kagame azahura na Félix Tshisekedi ku itariki n’ahantu bizagenwa n’umuhuza”.

Umuryango w’Afurika yunze ubumwe niwo wagennye João Lourenço ngo abe umuhuza kuri iki kibazo.

Izi nshingano amaze igihe azisohoreza ahantu no ku mataliki bitandukanye.

Tshisekedi nahura na Kagame bizaba ari ikintu gikomeye kuko mu mpera za 2023, yatangaje ko adashobora kugira aho ahurira nawe hano ku isi.

Ikindi ni uko aba Bakuru b’Ibihugu bamaze guhura kenshi bakaganira ku ngingo zirimo n’iyo kugarura umutekano mu Burasirazuba bwa DRC.

Ubwo bahuraga bwa mbere hari mu mwaka wa 2021, ariko ntibyatinze bongeye guhurira muri Kenya hari taliki 6, Kamena, 2022, icyo gihe hakaba hari mu Nama yari yatumijwe n’abayobora aka Karere ngo barebe ko amakimbirane akarangwamo cyane cyane muri DRC yarangira.

Nyuma y’amezi atatu  nabwo bongeye guhura ubwo bari bari kumwe na Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron.

Bahuriye i New York ahari habereye Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye bose bari baje kwitabira.

Buri nama bahuriragamo hemezwaga icyakorwa ngo amahoro agaruke mu Burasirazuba bwa DRC ariko, nk’uko bigaragara, nta musaruro urambye biratanga kandi uwo musaruro si uwundi wundi ahubwo ni amahoro.

U Rwanda rusaba DRC kureka gukorana na FDLR na Wazalendo n’abandi bashaka kuruhungabanyiriza umutekano.

DRC nayo ivuga ko i Kigali ari bo batera inkunga umutwe wa M23, ariko u Rwanda rwo rugasobanura ko abagize M23 ari abaturage ba DRC bashaka uburenganzira mu gihugu cyabo, bakakibamo batekanye nk’uko n’abandi bimeze.

Ifoto: Kagame na Tshisekedi mu mwaka wa 2019

TAGGED:AngolafeaturedKagameLorencoPerezidaTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubwato Bwo Muri DRC Bwayobeye Mu Rwanda
Next Article Kugaburirira Abana Ku Ishuri Byagabanije Abarivamo- MINEDUC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?