Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 January 2026 2:56 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ni kaminuza izaha abasirikare ubumenyi buhanitse mu kazi kabo. Ifoto: RDF.
SHARE

Ibyayo byaraye byemerejwe mu Nama y’Abaminisitiri yaraye iteranye iyobowe na Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’ikirenga w’ingabo z’u Rwanda.

Biri mu myanzuro yaraye yemerejwe muri iyo nama yanzuye no ku bindi birimo n’Inama y’Umushyikirano izaba mu ntangiriro za Gashyantare, 2026.

Iyi Kaminuza izitwa National Defense University, ikazaba urubuga rwo kwigisha ingabo z’u Rwanda ubuhanga bwa gisirikare ku rwego ruhanitse cyane.

Izaba ihuriro ry’andi mashuri makuru ya gisirikare yari asanzwe mu Rwanda kugira ngo habeho guhuza no kunoza ibihigirwa n’ibihakorerwa.

Izatanga amasomo ku nzego zose z’uburezi bwa gisirikare, kuva ku mahugurwa y’ibanze y’abasirikare bayobora abandi, amasomo ajyanye n’imiyoborere n’imirimo n’ibikorwa, kugeza ku masomo yo ku rwego rwo hejuru ajyanye n’ingamba za gisirikare n’igenamigambi.

Abasirikare baziga muriyo bazaba biga mu kitwa Ishuri Rikuru ry’Ingabo (National Defence College – NDC), rizigisha cyane cyane abasirikare bakuru bafite guhera ku ipeti rya Colonel kugeza kuri Brig Gen.

Bagenzi bacu ba Kigali Today banditse ko iyo Kaminuza izahuza ibigo bisanzwe ari ibya RDF birimo Rwanda Military Academy (RMA) cy’i Gako, ikazatanga porogaramu z’icyiciro cya mbere cya Kaminuza mu masomo ya gisirikare n’andi arebana n’imibereho y’abaturage, ubuvuzi rusange bufite icyerekezo cya gisirikare n’amahugurwa y’igihe kirekire y’abasirikare bayobora abandi.

Ishuri rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama mu Karere ka Musanze (RDF Command and Staff College (RDFCSC), rizatanga amasomo yo ku rwego rwo hagati n’urwisumbuye mu miyoborere, imicungire y’abakozi n’ingabo ndetse na politiki y’ingabo.

Iyi Kaminuza (NDC) izaba urwego rwo hejuru rw’amahugurwa y’abayobozi bakuru mu ngabo.

Ibindi bigo bifasha birimo RDF Combat Training Centre i Gabiro, Ishuri ry’Abasirikare bato (Non-Commissioned Officers Academy), Ishuri rya Infantry, Ishuri rya Cadet, Ishuri ry’Abarwanyi b’Ingabo zidasanzwe (Special Forces Training School) n’Ishuri ry’Amahugurwa y’Ibikorwa byo Kubungabunga Amahoro (Peace Support Operations Training School), byose bizagira uruhare mu porogaramu z’iyo Kaminuza.

NDU izatanga icyerekezo gisobanutse cy’uburezi bwa gisirikare: abasirikare bashya bakazahabwa ubumenyi bw’ibanze ku rwego rwa ‘tactics’, abasirikare bageze hagati mu kazi bazongerwa ubumenyi ku rwego rw’ibikorwa, naho abasirikare bakuru bahabwe ubumenyi ku rwego rw’igenamigambi.

Izashobora no gushyiraho ibigo by’ubushakashatsi no guteza imbere ubufatanye n’izindi nzego n’amashuri makuru mpuzamahanga.

Mu buryo butandukanye  na Kaminuza za gisivili nka Kaminuza y’u Rwanda, NDU izibanda ku masomo ya gisirikare n’umutekano agenewe abasirikare ba RDF n’abasivili batoranyijwe bakorera inzego z’umutekano.

Porogaramu zayo zizaba zikubiyemo impamyabumenyi z’icyiciro cya mbere mu masomo ya gisirikare, amasomo yo ku rwego rwo hagati ajyanye n’imiyoborere n’amasomo yo ku rwego rwo hejuru muri politiki y’ingabo, ububanyi n’amahanga, umutekano n’ubuyobozi.

Amahugurwa ashingiye ku bikorwa bifatika azategura abanyeshuri guhangana n’imbogamizi zibangamiye umutekano, kwitabira ubutumwa bwo kubungabunga amahoro no gutanga umusanzu mu ntego z’iterambere ry’igihugu.

Nubwo nta makuru ahagije aratangazwa ku bijyanye n’imikorere y’iyo kaminuza ariko umushinga w’itegeko utegerejwe kwemezwa burundu n’Inteko Ishinga Amategeko watanzwe na Minisiteri y’Ingabo, ngo izabone gutangira muri Nzeri, 2026 ubwo umwaka w’amashuri utangirira mu Rwanda.

Mu mwaka wa 2024, Minisiteri y’Ingabo yagejeje uyu mushinga ku Nteko Ishinga Amategeko, ukaba waravugaga ko hakenewe amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru azatuma haboneka abayobozi b’igihe kirekire, bashoboye kandi bagendanye n’igihe.

Itegeko ryemejwe mu 2024 ryavugaga ku ishingwa rya Kaminuza y’Ingabo z’u Rwanda, bityo hatangizwa inzira yagejeje ku cyemezo cy’Inama y’Abaminisitiri cyaraye gifashwe kuri uyu wa 28 Mutarama 2026.

Ubwo itegeko rizaba rimaze gushyirwaho umukono, rizasobanura imiyoborere, imari n’imiterere bya NDU, ikazaba Kaminuza igenzurwa na Minisiteri y’Ingabo.

Iyi Kaminuza izagabanya ingendo z’abasirikare ba RDF bajya kwiga mu mahanga, ifashe kubaka igisirikare kurushaho, kigendera ku mahame kandi gishoboye kirinda ubusugire bw’igihugu kinatanga umusanzu mu bijyanye n’umutekano mu karere.

TAGGED:AbaminisitirifeaturedInamaIngaboKaminuzaRDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbumenyi Rusange

Mu Isanzure Haba Inyenyeri Zingahe?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rayon Yaguze Uwakiniraga Mukura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?