Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hon Bamporiki Ati: ‘ Ibyo Abandi Bavuze Ku Idebe Sibyo Njyenderaho’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Hon Bamporiki Ati: ‘ Ibyo Abandi Bavuze Ku Idebe Sibyo Njyenderaho’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 January 2022 11:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’urubyiruko n’umuco, Hon Edouard Bamporiki yabwiye Taarifa ko iby’uko hari abantu bumvise avuze ko abaye ‘Idebe’ ubwo yahabwaga inka n’umukobwa bakumva ko yaba yaratesheje agaciro abagabo, atabitindaho kuko abantu bumva ibintu ukwabo rimwe na rimwe kudahuje n’ukuri.

Ni mu kiganiro gito yahaye Taarifa kuri uyu wa Gatandatu.

Bamporiki yagize ati: “ Burya hari ijambo ‘idebe’ rikomoka ku Giswayili rivuga idebe muzi ryashizemo amavuta. Mu Kinyarwanda ho Idebe ni imvugo umugabekazi yakoreshaga aganisha ku muntu yihitiyemo agashaka kumufasha guhindura ubuzima akamugabira cyangwa akamukorera ikindi cy’ingirakamaro.”

Avuga ko mu muco w’Abanyarwanda bo hambere, umuntu witwaga Idebe ari uwabaga yarakoze imirimo ikishimirwa n’umugabekazi hanyuma akamugabira.

Ngo yabaga yabikoreye.

Abajijwe niba uriya mukobwa wamuhaye inka bari basanzwe baziranye k’uburyo yayimuhaye nk’umushimira ibikorwa n’imico ye, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’urubyiruko n’umuco Hon Edouard Bamporiki yatubwiye ko we icyo yakoze kwari ukuganiriza abari bitabiriye ibirori yaherewemo iriya nka.

Umukobwa wamuhaye inka  asanzwe ari mu bakinnyi ba Filimi mu Rwanda kandi bazwi. Yitwa Isimbi Alliance.

Isimbi Alliance

Aherutse kubwira kimwe mu binyamakuru byo mu Rwanda ko yabikoze ashaka gushimira Hon Bamporiki kubera intambwe yateye, akaba yaragizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri.

Yabwiye IGIHE ati: “Bamporiki akora sinema, kuba rero yaragiriwe icyizere avuye mu bakora uyu mwuga kandi akaba akomeje kuduhagararira neza, ni ibihesha ishema abakora sinema mu Rwanda. Njye rero nk’umwe muri abo namushimiye.”

Hon Bamporiki yabwiye Taarifa abafashe imvugo ‘ubu ndi idebe ryawe’ ivuzwe n’umugabo ko yagaragaje kwisuzuguza, babiterwa no kutamenya inkomoko y’iyi mvugo mu Kinyarwanda bakayitiranya n’idebe ryashizemo amavuta kandi ngo iyi mvugo y’idebe ryashizemo amavuta ikomoka ku Igiswayili.

TAGGED:BamporikiLeta
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Ubutumwa Perezida Wa Mozambique Yageneye Ingabo Z’u Rwanda Ziri Mu Gihugu Cye
Next Article Umuhungu Wa Museveni Gen Muhoozi Yahuye Na Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Imyidagaduro

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduro

Sandra Teta Yarekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu Rwanda

Ikibatsi Cy’u Rwanda Mu Guteza Imbere Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

The Ben Yacuranze Gitari Na Piyano Atari Abizwiho

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?