Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hon Bamporiki Ati: ‘ Ibyo Abandi Bavuze Ku Idebe Sibyo Njyenderaho’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Hon Bamporiki Ati: ‘ Ibyo Abandi Bavuze Ku Idebe Sibyo Njyenderaho’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 January 2022 11:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’urubyiruko n’umuco, Hon Edouard Bamporiki yabwiye Taarifa ko iby’uko hari abantu bumvise avuze ko abaye ‘Idebe’ ubwo yahabwaga inka n’umukobwa bakumva ko yaba yaratesheje agaciro abagabo, atabitindaho kuko abantu bumva ibintu ukwabo rimwe na rimwe kudahuje n’ukuri.

Ni mu kiganiro gito yahaye Taarifa kuri uyu wa Gatandatu.

Bamporiki yagize ati: “ Burya hari ijambo ‘idebe’ rikomoka ku Giswayili rivuga idebe muzi ryashizemo amavuta. Mu Kinyarwanda ho Idebe ni imvugo umugabekazi yakoreshaga aganisha ku muntu yihitiyemo agashaka kumufasha guhindura ubuzima akamugabira cyangwa akamukorera ikindi cy’ingirakamaro.”

Avuga ko mu muco w’Abanyarwanda bo hambere, umuntu witwaga Idebe ari uwabaga yarakoze imirimo ikishimirwa n’umugabekazi hanyuma akamugabira.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ngo yabaga yabikoreye.

Abajijwe niba uriya mukobwa wamuhaye inka bari basanzwe baziranye k’uburyo yayimuhaye nk’umushimira ibikorwa n’imico ye, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’urubyiruko n’umuco Hon Edouard Bamporiki yatubwiye ko we icyo yakoze kwari ukuganiriza abari bitabiriye ibirori yaherewemo iriya nka.

Umukobwa wamuhaye inka  asanzwe ari mu bakinnyi ba Filimi mu Rwanda kandi bazwi. Yitwa Isimbi Alliance.

Isimbi Alliance

Aherutse kubwira kimwe mu binyamakuru byo mu Rwanda ko yabikoze ashaka gushimira Hon Bamporiki kubera intambwe yateye, akaba yaragizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri.

Yabwiye IGIHE ati: “Bamporiki akora sinema, kuba rero yaragiriwe icyizere avuye mu bakora uyu mwuga kandi akaba akomeje kuduhagararira neza, ni ibihesha ishema abakora sinema mu Rwanda. Njye rero nk’umwe muri abo namushimiye.”

- Advertisement -

Hon Bamporiki yabwiye Taarifa abafashe imvugo ‘ubu ndi idebe ryawe’ ivuzwe n’umugabo ko yagaragaje kwisuzuguza, babiterwa no kutamenya inkomoko y’iyi mvugo mu Kinyarwanda bakayitiranya n’idebe ryashizemo amavuta kandi ngo iyi mvugo y’idebe ryashizemo amavuta ikomoka ku Igiswayili.

TAGGED:BamporikiLeta
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Ubutumwa Perezida Wa Mozambique Yageneye Ingabo Z’u Rwanda Ziri Mu Gihugu Cye
Next Article Umuhungu Wa Museveni Gen Muhoozi Yahuye Na Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

ImyidagaduroMu Rwanda

Urukiko Rukuru Rw’Ubucuruzi Rwanzuye Intsinzi Y’Umuhanzi Gabiro Guitar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hoziyana Yashyize Indirimbo ‘Tugumane’ Mu Giswayili

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Nick Ngendahayo Yagarutse Mu Muziki Nyuma Y’Imyaka 15

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Igitaramo Cya The Ben Kizagongana N’Icya Pallaso Uzwi Cyane i Kampala

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?