Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hotel ‘Uruzi Rwa Congo’ Niho Politiki Za DRC Zicurirwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Hotel ‘Uruzi Rwa Congo’ Niho Politiki Za DRC Zicurirwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 January 2022 9:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hirya no hino ku isi usanga ingoro z’Abakuru b’ibihugu ziba ari ahantu hakomeye hahurirwa n’abantu batekerereza igihugu kandi barinzwe cyane. Muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, ho si ko bimeze. Byose bitekererezwa muri Hotel yiswe Hotel Fleuve Congo.

Ni Hoteli yubatswe hafi y’Uruzi rwa Congo ruca hafi aho rugakomeza muri Congo-Brazzaville no mu Nyanja ya Atlantic.

Iyi Hoteli yubatswe  mu muturirwa ugeretse inshuro 22. Ni ndende bihagije k’uburyo iyo uri muri etaje ya 22( ya nyuma) uba ureba mu Murwa mukuru Brazzaville (muri Congo-Brazzaville) ureba Umurwa mukuru  Kinshasa hafi ya wose n’ibindi bice by’iki gihugu bituwe n’abakire cyangwa abanyapolitiki bakomeye barimo na Martin Fayulu.

Hahurira abakomeye bakaganira ku migambi ikomeye

Ni hoteli yubashywe k’uburyo ntawe uyijyamo atazwi.

Iyo utari umushoramari ukomeye, ubu uri umunyamakuru wubatse izina.

Iyo ukanze buto(button) ushaka kuzamuka ujya muri etaje ya gatanu ikorerwamo inama n’abayobozi biba bivuze ko uri umunyamakuru uzwi, ufatika, ugiye muri iriya nama kugira ngo aze guha abaturage amakuru.

Kwinjira mu cyuma kizamura kikanamanura abantu ugakanda kuri buto ya 15 biba bivuze ko uri umuhanzi wamamaye cyane uje kuharira amafaranga ye, cyangwa ukaba uri umushoramari ukomeye uje kuganira na bagenzi ahari amahirwe mu ishoramari.

Etaje ya 20 n’iya 21 ni etaje zigenewe ba Minisitiri.

Iya nyuma ari yo ya 22 niyo Umukuru w’Igihugu ahuriramo n’abandi bantu bakomeye aba yifuza kuganira nabo ku ngingo zireba igihugu nyirizina cyangwa umubano wacyo n’amahanga.

Muri iyi etaje ya 22 niho uba witegereza ikirere n’ubutaka bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo n’ubwa Congo Brazzaville, ukitegereza agace gatuwe n’abaherwe karimo n’inyubako z’Ibiro bitandukanye za Leta kitwa Gombe.

Jeune Afrique ivuga ko iyo uri muri iriya Hoteli  uba ureba aho Joseph Kabila yahoze atuye akiri Umukuru w’igihugu.

Ni ahantu hagari hitaruye kandi higanje ibiti n’indabo byinshi k’uburyo uba ubona ari paradizo.

Ikintu gikomeye kuri iriya hoteli si uko ihenze cyangwa ituriye Uruzi rwa Congo ahubwo ni uko yahindutse ahantu h’ingenzi hahurira abakomeye bakaganira kuri Politiki za kiriya gihugu.

TAGGED:CongoDemukarasifeaturedHoteliKinshasaUruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kutumvisha Bihagije Abamotari Akamaro Ka Mubazi Bikurura Ikibazo
Next Article Abarwanyi Ba ADF Bishe Abantu 10 Barimo Abasirikare Batatu Ba DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?