Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Hotel ‘Uruzi Rwa Congo’ Niho Politiki Za DRC Zicurirwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Hotel ‘Uruzi Rwa Congo’ Niho Politiki Za DRC Zicurirwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 January 2022 9:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hirya no hino ku isi usanga ingoro z’Abakuru b’ibihugu ziba ari ahantu hakomeye hahurirwa n’abantu batekerereza igihugu kandi barinzwe cyane. Muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, ho si ko bimeze. Byose bitekererezwa muri Hotel yiswe Hotel Fleuve Congo.

Ni Hoteli yubatswe hafi y’Uruzi rwa Congo ruca hafi aho rugakomeza muri Congo-Brazzaville no mu Nyanja ya Atlantic.

Iyi Hoteli yubatswe  mu muturirwa ugeretse inshuro 22. Ni ndende bihagije k’uburyo iyo uri muri etaje ya 22( ya nyuma) uba ureba mu Murwa mukuru Brazzaville (muri Congo-Brazzaville) ureba Umurwa mukuru  Kinshasa hafi ya wose n’ibindi bice by’iki gihugu bituwe n’abakire cyangwa abanyapolitiki bakomeye barimo na Martin Fayulu.

Hahurira abakomeye bakaganira ku migambi ikomeye

Ni hoteli yubashywe k’uburyo ntawe uyijyamo atazwi.

Iyo utari umushoramari ukomeye, ubu uri umunyamakuru wubatse izina.

Iyo ukanze buto(button) ushaka kuzamuka ujya muri etaje ya gatanu ikorerwamo inama n’abayobozi biba bivuze ko uri umunyamakuru uzwi, ufatika, ugiye muri iriya nama kugira ngo aze guha abaturage amakuru.

Kwinjira mu cyuma kizamura kikanamanura abantu ugakanda kuri buto ya 15 biba bivuze ko uri umuhanzi wamamaye cyane uje kuharira amafaranga ye, cyangwa ukaba uri umushoramari ukomeye uje kuganira na bagenzi ahari amahirwe mu ishoramari.

Etaje ya 20 n’iya 21 ni etaje zigenewe ba Minisitiri.

Iya nyuma ari yo ya 22 niyo Umukuru w’Igihugu ahuriramo n’abandi bantu bakomeye aba yifuza kuganira nabo ku ngingo zireba igihugu nyirizina cyangwa umubano wacyo n’amahanga.

Muri iyi etaje ya 22 niho uba witegereza ikirere n’ubutaka bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo n’ubwa Congo Brazzaville, ukitegereza agace gatuwe n’abaherwe karimo n’inyubako z’Ibiro bitandukanye za Leta kitwa Gombe.

Jeune Afrique ivuga ko iyo uri muri iriya Hoteli  uba ureba aho Joseph Kabila yahoze atuye akiri Umukuru w’igihugu.

Ni ahantu hagari hitaruye kandi higanje ibiti n’indabo byinshi k’uburyo uba ubona ari paradizo.

Ikintu gikomeye kuri iriya hoteli si uko ihenze cyangwa ituriye Uruzi rwa Congo ahubwo ni uko yahindutse ahantu h’ingenzi hahurira abakomeye bakaganira kuri Politiki za kiriya gihugu.

TAGGED:CongoDemukarasifeaturedHoteliKinshasaUruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kutumvisha Bihagije Abamotari Akamaro Ka Mubazi Bikurura Ikibazo
Next Article Abarwanyi Ba ADF Bishe Abantu 10 Barimo Abasirikare Batatu Ba DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?