Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Huye:  Bamwe Mu Bavugwagaho Uruhare Mu Rupfu Rw’Abaguye Mu Kirombe Barekuwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbutabera

Huye:  Bamwe Mu Bavugwagaho Uruhare Mu Rupfu Rw’Abaguye Mu Kirombe Barekuwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 July 2024 5:37 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Imashini ziri gukora uko zishoboye ngo zikure abantu mu myobo ariko byagoranye
SHARE

Urukiko rwarekuye Major (Rtd) Jean Paul Katabarwa n’uwahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Maraba witwa Uwamariya Jacqueline bari bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’abapfiriye mu kirombe cy’amabuye y’agaciro.

Katabarwa n’Uwamariya bari bajuriye mu Rukiko Rukuru Urugereko rwa Nyanza.

Bajuritaga icyemezo cy’urukiko rwisumbuye rwa Huye rwari rwabahamije ibyaha rubakatira igifungo cy’imyaka irindwi.

Ibyo rwabahamije harimo ibyaha bifitanye isano no gushakisha amabuye y’agaciro nta ruhushya bafite kandi aho bashakishaga ayo mabuye y’agaciro haje gupfira abantu batandatu.

Ubushinjacyaha bwo bubarega bwavugaga ko ibyo baregwa bibahama.

Major (Rtd ) Paul Katabarwa yagizwe umwere ku cyaha cyo kudakurikiza ibipimo ngenderwaho bifite impamvu nkomezacyaha byateye urupfu, ariko ahamwa n’icyaha cyo gukora ibikorwa bw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro nta ruhushya.

JUwamariya we yagizwe umwere ku byaha byo kuba icyitso ku cyaha cyo gukora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bitemewe ariko yagizwe umwere ku bufatanyacyaha no gukoresha ububasha ahabwa n’amategeko mu nyungu ze bwite.

Bikimara kuvugwa ko abo bantu bapfuye urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwahise rutangira iperereza rugira abo ruta muri yombi.

Hafunzwe Major (Rtd) Jean Paul Katabarwa binakekwa ko icyo kirombe cyari icye na Uwamariya Jacqueline wayoboraga mu murenge wa Maraba ariko akaba yarigeze kuyobora Umurenge wa Kinazi.

Hatawe muri yombi kandi abarimo Iyakaremye Liberathé wari umukozi ushinzwe ubutaka mu murenge wa Kinazi, Protais Maniriho wari SEDO mu Kagari ka Gahana n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Gahana Gilbert Nkurunziza.

Abo Urukiko rwisumbuye rwa Huye rwabagize abere ku cyaha cyo kuba ibyitso mu cyaha cyo gushakisha amabuye y’agaciro nta ruhushya, n’icy’Ubafatanyacyaha mu gukoresha ububasha bahabwa n’itegeko.

Bose batawe muri yombi mu mwaka wa 2023 ubwo abantu batandatu barimo abari abanyeshuri muri G.S Kinazi bagwiriwe n’ikirombe imirambo yabo ikabura, hagafatwa icyemezo cyo kuhashyira ibimenyetso by’imisaraba yanditseho amazina y’abapfuye.

Icyo kirombe giherereye mu Kagari ka Gahana mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye.

TAGGED:AbaturagefeaturedHuyeIkirombeMajor
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Ruherutse Guha Zimbabwe Toni 1,000 Z’Ibigori
Next Article Museveni Yashimiye Kagame Ku Ntsinzi Ye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?